Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yarahiriye Gukomeza Gusigasira Ubumwe Bw’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yarahiriye Gukomeza Gusigasira Ubumwe Bw’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2024 5:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame uherutse gutorerwa gukomeza kuyobora u Rwanda yatanze indahiro ye ko azakomeza kurinda u Rwanda no gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ni bimwe mu bigize indahiro ye nka Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, indahiro akoreshwa na Perezida w’Urukiko rw’ikirenga, kuri iyi nshuro akaba ari Dr. Faustin Ntezilyayo.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko imwe mu nkingi rubakiyeho ari ubumwe bw’Abanyarwanda kandi Umukuru warwo akaba ari we ugomba kuburinda.

Indahiro ye yayikoreye imbere y’Abanyarwanda barenga 45,000 bari bahagarariye abandi baje kumva no kwakira indahiro ye.

Paul Kagame yatorewe ku manota 99.18% mu matora y’Umukuru w’igihugu aherutse.

Umuhango wo kurahira kwe wamaze iminota 20 nk’uko byari biteganyijwe.

Mu kiganiro Kagame yahaye itangazamakuru nyuma y’uko arangije kwiyamamariza mu Karere ka Kicukiro ahitwa Gahanga yavuze ko muri Manda ye azakomeza guteza imbere u Rwanda mu gutekana mu mutungo no mu bundi buryo.

Yavuze ko iterambere ari ryo rizaza imbere mubyo azakora muri Manda y’imyaka itanu ari burahirire kuri iki Cyumweru.

Indahiro ya Perezida wa Repubulika iba ikubiyemo ko azarinda Repubulika, agasigasira ubumwe bw’Abanyarwanda, akarinda ubusugire bw’u Rwanda no guharanira inyungu z’Abanyarwanda bose.

Afata ku ibandera ry’igihugu akazamura akaboko k’iburyo akarahira.

Nyuma ahabwa ibendera ry’igihugu, ikirango cyacyo, ingabo n’inkota.

Umukuru w’u Rwanda ntarahira afashe ku gitabo gitagatifu icyo ari cyo cyose kuko u Rwanda atari igihugu kigendera ku mahame y’idini runaka.

Iyo arangiza indahiro ye avuga ko naramuka atatiriye iyo ndahiro aba agomba kuzabibazwa n’amategeko.

Mu mwaka wa 2017 ubwo Kagame aheruka kurahirira kuyobora u Rwanda hari muri Nyakanga.

TAGGED:featuredIndahiroKagamePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yageze Ku Amahoro Aho Agiye Kurahirira
Next Article Rwanda: Hatanzwe Ikiruhuko Rusange
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?