Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yasabye Abakoresha Imbuga Nkoranyambaga Gukora Mu Nyungu Z’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yasabye Abakoresha Imbuga Nkoranyambaga Gukora Mu Nyungu Z’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 July 2024 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kagame yabwiye abakorera ku mbuga nkoranyambaga ko burya bifitemo imbaraga zikomeye mu kwakira no gutangaza ibitekerezo byabo cyangwa iby’abandi, aboneraho kubasaba kubikoresha mu nyungu zubaka u Rwanda.

Hari mu kiganiro aherutse kubaha kuri uyu wa Kabiri ubwo yabaganirizaga ku mateka y’ingenzi yaranze urugamba rwo kwibohora.

Yababwiriye ku Mulindi w’intwari mu Karere ka Gicumbi ko ikibabaje muri iki gihe ari uko hari abanyamahanga bashaka guha u Rwanda isura rudafite, bakarusiga icyasha.

Avuga ko abo bantu hari n’ubwo bakoresha uburyo bafite kugira ngo bakomeze guharabika u Rwanda binyuze mu gukoresha abantu baba mu Rwanda barimo na Ingabire Victoire Umuhoza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaboneyeho gusaba abakoresha imbuga nkoranyambaga mu gukusanya no gutangaza ibitekerezo n’ibibera hirya no hino kumva ko ubwo bushobozi bakwiye kubukoresha bubaka igihugu aho gutiza umurindi abagisenya.

Ati: “ Mugize igice kinini cy’abavuga rikijyana muri iki gihugu. Mufite ijambo rinini mu mibereho na Politiki by’iki gihugu, kandi murabizi ko hari abandi bakora mu buryo buhabanye n’uko mwe mubikora”.

Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika yasabye urwo rubyiruko gukomeza gucungira hafi abo bantu basebereza u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo babanyomoze.

Avuga ko urwo rubyiruko rudakwiye kubikorana ipfunwe cyangwa ngo rwumve rufite ingingimira ku mutima.

Yagiriye inama urwo rubyiruko ko rukwiye kuzirikana ko amajyambere rubona mu Rwanda rw’ubu, atahozeho, ko bavunikiwe bityo bakayarinda.

- Advertisement -

Ati: “ Ntabwo ibyiza byikora kandi ntibiva mu magambo meza gusa[opinions]…kandi mukwiye kumva ko mugomba kubyuka mwiteguye intambara y’ibyo bitekerezo”.

Kagame yibukije urwo rubyiruko ko intambara irwanywa atari iy’ibitekerezo n’amagambo gusa, ahubwo ko hari n’isanzwe y’amasasu kandi iyo nayo batayihejwemo.

Yagarutse ku mvugo ishishikariza urubyiruko kuba intare, avuga ko kuba intare ari no gutanga umusanzu wo gukemura ibibazo igihugu gifite, buri wese agatanga umusanzu we mu buryo bwe.

TAGGED:AmajyamberefeaturedIkoranabuhangaImbugaIntambaraKagameUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR FC Yaraye Yitwaye Neza Mu Gutangira CECAFA Kagame Cup
Next Article Umuvugizi Wa Guverinoma Ati: ‘ Nta Mafaranga Azasubizwa’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umwami W’Ubwongereza Atinya Ko Canada Izomekwa Kuri Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?