Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yongeye Kwamagana Indagu Muri Siporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yongeye Kwamagana Indagu Muri Siporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 August 2023 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko bibabaje kuba hari amakoro ashyirwa mu iterambere rya Siporo ariko abantu bake bakayikubira.

Yanenze kandi ibyo yise indagu ziba mu mupira w’amaguru, akemeza ko ziri mu bituma abagiye mu marushanwa bataha uko bagiye.

Yatanze urugero rw’abantu 20 bajyanywe muri bisi bagiye guhagararira u Rwanda ahantu runaka, ariko abayoboye abo bana bagenda mu ndege.

Ikibazo ni uko muri iyo ndege batagiye  ari bonyine ahubwo bajyanye n’abo mu miryango yabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibyo kandi bigakorwa mu mafaranga yagenewe gufasha iyo siporo gutera imbere.

Perezida Kagame yanenze abo bantu kubera ko ibyo bakoreye abo bana bidakwiye ndetse ngo abo bana bari batanariye, batanaruhutse.

Avuga ko mu nyandiko zo muri Minisiteri ho haba handitswemo ko ibintu byagenze neza uko byari byaragenwe.

Ati: “ Kuba dufite abayobozi bakora batyo…ariko namwe urubyiruko mujye mugaragaza ko mubyanze. Ntimukabiceceke. Mujye mugira uwo mubibwira kugira ngo hagire undi ubibazwa.”

Umukuru w’igihugu kandi yongeye kunenga abantu badateza imbere umupira w’amaguru, ahubwo amafaranga bakayajyana mu ndagu.

- Advertisement -

Avuga ko izo ndagu ari zo zituma abenshi bataha uko bagiye.

Perezida Kagame yavuze ko uko urubyiruko rurezwe, ari ko rukura kandi ngo uburemere burenze uko abantu babyibwira.

Yasabye urubyiruko kwirinda gukora ibintu biciriritse kuko guciririka bituma igihugu kijya no munsi yo guciririka.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yasabye urubyiruko gukora uko bashoboye bakagerageza kugera ku bintu bikomeye.

TAGGED:featuredIndaguKagamePerezidaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Baje Kwigira Kuri Traffic Police Y’u Rwanda
Next Article Ese Putin Yaba Ari Inyuma Y’Urupfu Rw’Uyobora Wagner?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?