Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yongeye Kwamagana Indagu Muri Siporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yongeye Kwamagana Indagu Muri Siporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 August 2023 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko bibabaje kuba hari amakoro ashyirwa mu iterambere rya Siporo ariko abantu bake bakayikubira.

Yanenze kandi ibyo yise indagu ziba mu mupira w’amaguru, akemeza ko ziri mu bituma abagiye mu marushanwa bataha uko bagiye.

Yatanze urugero rw’abantu 20 bajyanywe muri bisi bagiye guhagararira u Rwanda ahantu runaka, ariko abayoboye abo bana bagenda mu ndege.

Ikibazo ni uko muri iyo ndege batagiye  ari bonyine ahubwo bajyanye n’abo mu miryango yabo.

Ibyo kandi bigakorwa mu mafaranga yagenewe gufasha iyo siporo gutera imbere.

Perezida Kagame yanenze abo bantu kubera ko ibyo bakoreye abo bana bidakwiye ndetse ngo abo bana bari batanariye, batanaruhutse.

Avuga ko mu nyandiko zo muri Minisiteri ho haba handitswemo ko ibintu byagenze neza uko byari byaragenwe.

Ati: “ Kuba dufite abayobozi bakora batyo…ariko namwe urubyiruko mujye mugaragaza ko mubyanze. Ntimukabiceceke. Mujye mugira uwo mubibwira kugira ngo hagire undi ubibazwa.”

Umukuru w’igihugu kandi yongeye kunenga abantu badateza imbere umupira w’amaguru, ahubwo amafaranga bakayajyana mu ndagu.

Avuga ko izo ndagu ari zo zituma abenshi bataha uko bagiye.

Perezida Kagame yavuze ko uko urubyiruko rurezwe, ari ko rukura kandi ngo uburemere burenze uko abantu babyibwira.

Yasabye urubyiruko kwirinda gukora ibintu biciriritse kuko guciririka bituma igihugu kijya no munsi yo guciririka.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yasabye urubyiruko gukora uko bashoboye bakagerageza kugera ku bintu bikomeye.

TAGGED:featuredIndaguKagamePerezidaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Baje Kwigira Kuri Traffic Police Y’u Rwanda
Next Article Ese Putin Yaba Ari Inyuma Y’Urupfu Rw’Uyobora Wagner?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?