Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yongeye Kwamagana Indagu Muri Siporo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yongeye Kwamagana Indagu Muri Siporo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 August 2023 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko bibabaje kuba hari amakoro ashyirwa mu iterambere rya Siporo ariko abantu bake bakayikubira.

Yanenze kandi ibyo yise indagu ziba mu mupira w’amaguru, akemeza ko ziri mu bituma abagiye mu marushanwa bataha uko bagiye.

Yatanze urugero rw’abantu 20 bajyanywe muri bisi bagiye guhagararira u Rwanda ahantu runaka, ariko abayoboye abo bana bagenda mu ndege.

Ikibazo ni uko muri iyo ndege batagiye  ari bonyine ahubwo bajyanye n’abo mu miryango yabo.

Ibyo kandi bigakorwa mu mafaranga yagenewe gufasha iyo siporo gutera imbere.

Perezida Kagame yanenze abo bantu kubera ko ibyo bakoreye abo bana bidakwiye ndetse ngo abo bana bari batanariye, batanaruhutse.

Avuga ko mu nyandiko zo muri Minisiteri ho haba handitswemo ko ibintu byagenze neza uko byari byaragenwe.

Ati: “ Kuba dufite abayobozi bakora batyo…ariko namwe urubyiruko mujye mugaragaza ko mubyanze. Ntimukabiceceke. Mujye mugira uwo mubibwira kugira ngo hagire undi ubibazwa.”

Umukuru w’igihugu kandi yongeye kunenga abantu badateza imbere umupira w’amaguru, ahubwo amafaranga bakayajyana mu ndagu.

Avuga ko izo ndagu ari zo zituma abenshi bataha uko bagiye.

Perezida Kagame yavuze ko uko urubyiruko rurezwe, ari ko rukura kandi ngo uburemere burenze uko abantu babyibwira.

Yasabye urubyiruko kwirinda gukora ibintu biciriritse kuko guciririka bituma igihugu kijya no munsi yo guciririka.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yasabye urubyiruko gukora uko bashoboye bakagerageza kugera ku bintu bikomeye.

TAGGED:featuredIndaguKagamePerezidaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Baje Kwigira Kuri Traffic Police Y’u Rwanda
Next Article Ese Putin Yaba Ari Inyuma Y’Urupfu Rw’Uyobora Wagner?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?