Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamerhe Yasabye Tshisekedi Kuva Mu Magambo Agatera u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kamerhe Yasabye Tshisekedi Kuva Mu Magambo Agatera u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2024 7:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Vital Kamerhe aherutse gusaba ashimitse Perezida Felix Tshisekedi ko yatera u Rwanda kuko ngo guhora abivuga nta bikore biha abanzi ba DRC urwaho rwo kubona ko ibyo avuga aba akina.

Avuga ko gutera u Rwanda byashyira iherezo ku bitero bya RDF na M23 avuga ko bituruka ku butaka bw’u Rwanda.

Itangazo ryo ku wa 17, Gashyantare, 2024 ariko ryageze mu itangazamakuru taliki 19, uko kwezi rikubiyemo ubutumwa bwa Kamerhe aho avuga ko nta gushidikanya RD Congo yatewe n’u Rwanda.

Kuri we, ngo birihutirwa ko igihugu cye gikoresha uburenganzira gihabwa n’amategeko mpuzamahanga yo kwirwanaho kikarwanya u Rwanda rwagiteye.

Muri ubwo butumwa hari aho agira ati: “ RDC igomba gukoresha uburenganzira bwayo bwo kwirwanaho, kugira ngo irwanye uwayiteye wamenyekanye, u Rwanda.”

Kamerhe ni umwe mu banyapolotiki bakomeye mu Ihuriro riri ku butegetsi, Union Sacré.

Avuga akomeje ko igihugu cye kidateze kuganira na M23.

Ngo niyo imishyikirano yabaho, yazabaho ari uko ingabo z’u Rwanda na M23 zarangije kuva ku butaka bwa Congo.

Ari mu bayobozi ba DRC bavuga beruye ko bashyigikiye umugambi wa Perezida Tshisekedi wo kugaba ibitero k’u Rwanda.

Hashize igihe gito kandi ubuyobozi bwa DRC butangaje ko drones z’ingabo z’u Rwanda ari zo ziherutse kugaba ibitero ku ndege za DRC ariko ngo ibyo bisasu byafashe ubusa.

Buvuga ko ibyo bitero bya drones z’u Rwanda byaguye no ku kibuga cy’indege cy’umujyi wa Goma byangiza indege za gisivili.

TAGGED:DCRfeaturedIbiteroIndegeIngaboKamerrheM23RDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese ‘Kera Kabaye’ Abimukira Bo Mu Bwongereza Baba Bagiye Kuzanwa Mu Rwanda?
Next Article Uburayi Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gucukura Amabuye Y’Agaciro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?