Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kaminuza Y’Ubuzima Rusange Ya Butaro Ku Mwanya Mwiza Muzo Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kaminuza Y’Ubuzima Rusange Ya Butaro Ku Mwanya Mwiza Muzo Muri Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2023 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uretse kuba ari iya munani mu zigisha neza muri Kaminuza zo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, Kaminuza y’Ubuzima rusange ya Butaro (University of Global Health Equity (UGHE), yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Kaminuza zituma ubuzima bw’abatuye aho zubatse, buhinduka.

Ni amakuru aherutse gutangazwa muri raporo yitwa Sub-Saharan Africa (SSA) University Rankings yasohowe n’ikigo Times Higher Education.

Ni ikigo cy’Abongereza gitanga amakuru ku mikorere y’amashuri makuru na za Kaminuza.

Kaminuza y’ubuzima rusange ya Butaro yagizwe iya kabiri mu kwita ku bayituriye, ihabwa amanota 92,2%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Indi Kaminuza yo mu Rwanda yashyizwe ku mwanya wakwita ko ari mwiza ni iy’Abadivantisiti bo muri Afurika yo hagati yitwa Adventist University of Central Africa (AUCA).

Iri ku mwanya wa 71.

Gushyira biriya bigo ku rutonde rw’uko birutanwa byakozwe hashingiwe ku ngingo eshanu:

Umutungo w’ikigo, kwemererwa kuryigamo n’inzira bicamo, ubushobozi bw’abarimu, uko abanyeshuri bakurikira amasomo n’imitsindire ndetse n’akamaro ibyo bize bigirira abatuye Afurika.

Bivuze ko iby’ingenzi bibandaho ari ukwigisha, ubushakashatsi no kureba impinduka zigera ku baturage ziturutse ku mikorere y’izo kaminuza.

- Advertisement -

Intiti muri Kaminuza y’ubuzima rusange; Professor Abebe Bekele uyobora ishami ry’ubuvuzi yabwiye The New Times ko kuba  kaminuza yigishamo yarashyizwe muri Kaminuza 10 zikora neza muri Afurika ari ikintu cyo kwishimira.

Avuga ko babigezeho binyuze ku mbaraga buri wese yashyize mu mikorere ye.

Bivuze ko abarimu, abanyeshuri n’abakozi bayo, buri wese yitanze uko ashoboye kugira ngo bagere ku byiza bishimira.

Bekele avuga ko ku ikubitiro babanje kwigisha abanyeshuri, intego ari ukubaha ubumenyi buzatuma bagira impinduka mu baturage.

Yemeza ko intego ya Kaminuza akorera ari ukugirira akamaro Afurika yose cyane cyane ko muri iriya Kaminuza higa abanyeshuri bava mu bihugu 33 byo kuri uyu mugabane.

Kugira ngo iyi Kaminuza igere ku nshingano zayo muri Afurika, byasabye ko ikorana na Minisiteri z’ubuzima mu bihugu byinshi by’uyu mugabane.

Professor Abebe Bekele avuga ko batazatezuka ku mikorere n’imyigishirize binoze kuko ari nabyo byatumye bashyirwa ku mwanya bariho.

TAGGED:AbanyeshuriAfurikaButaroBwongerezafeaturedKaminuzaRwandaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 34% By’Abanya Kigali Bafite Umubyibuho Ukabije
Next Article Barashinja Tshisekedi Kwigiriza Nkana Ku Nzirakarengane
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?