Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Hari Abiyemeje Guhangana Na Polisi Bakoresheje Imihoro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Hari Abiyemeje Guhangana Na Polisi Bakoresheje Imihoro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2023 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Kamonyi  haravugwa abasore biyise ‘abahebyi’ bitwikira ijoro bakajya gucukura amabuye y’agaciro, Polisi na DASSO baza kubatesha bakabatera amabuye, ari nako bashaka kubatemesha imihoro.

Bahawe gasopo ko nibatabireka Leta izakoresha imbunda.

Mu nama y’abaturage yaraye ibereye mu Murenge wa Rukoma, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yabwiye abakora ibyo ko nibakomeza kubikora, hari abazaraswa.

Yabasabye kubicikaho kuko bizabakoraho.

Minisitiri Musabyimana Jean Claude yavuze  ko barambiwe  guhora bumva ko hari abantu bapfiriye mu myobo y’ahacukurwa amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.

Minisitiri Musabyimana yabwiye abo Bahebyi ko Leta ifite imbunda bo bakagira imihoro. Ifoto@UMUSEKE.RW

Abo bantu bacukura muri ubwo buryo babona inzego z’ibanze n’iz’umutekano zije kuhabakura, bagafata imihoro n’amabuye bashaka kubagirira nabi.

Yababwiye ati: “Mufite imihoro n’amabuye, Leta ifite imbunda. Ndabamenyesha ko muzahangana nayo nimudacika kuri iyo ngeso”

Musabyimama yasabye abacukura muri ubu buryo gusaba ibyangombwa bibemerera gucukura mu buryo bwubahirije amategeko cyangwa bakibumbira muri koperative.

Polisi iti: “ Ntidushaka kumva izina ‘abahebyi’

ACP Twizere Désiré uyobora Polisi mu Ntara y’Amajyepfo avuga ko batifuza kumva izina Abahebyi.

Yasabye abaryitwa kuryibagirwa bakajya ku murongo nk’abandi baturage.

Ati: “ Ntabwo dushaka kongera kumva izina Abahebyi. Guhera uyu munsi turabizeza ko nibatarireka twe tuzabyikorera.”

Amabuye y’agaciro acukurwa muri Kamonyi yiganje mu mirenge ya Rukoma, Kayenzi, Ngamba na Mugina.

Akarere ka Kamonyi kari mu dufite amabuye y’agaciro menshi

Kugeza ubu ibigo 15 nibyo bifite uburenganzira bwo gucukura mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ni uburenganzira butangwa n’Ikigo gishinzwe Mine, Gazi na Peteroli.

Imibare igaragaza ko ibirombe byinshi muri Kamonyi biba mu Murenge wa Rukoma.

Aha niho hakunze kuvugwa imfu nyinshi z’abagwirwa n’ibirombe.

TAGGED:AbahebyiAbajuraAgaciroAmabuyefeaturedKamonyiMinisitiriMusabyimanaPolisiRukoma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Eric Kneedler: Ambasaderi Mushya W’Amerika Mu Rwanda
Next Article Nyagatare: Babwiwe Uko Bigenda Iyo Uwahohotewe Adashobora Kwitangira Ikirego
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?