Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kanye West Yahuje Ikirango Cy’Abanazi N’Ikirango Cy’Abayahudi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Kanye West Yahuje Ikirango Cy’Abanazi N’Ikirango Cy’Abayahudi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2022 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gukomeza kwerekana ko atishimira Abayahudi, Kanye West( ubu yiswe Ye) yafashe ikirango cy’Abanazi bita Swastika agiseseka mu kirango cy’Abayahudi ari cyo ‘Inyenyeri ya Dawidi’.

Ye yahise ashyira kuri Twitter iyo foto, birongera biteza umwuka mubi kuri uru rubuga.
Nyirarwo witwa Elon Musk yahise amubwira ko ibyo akoze, arengereye, ko guhuza biriya bintu byombi, ubundi ari sakirirego.

Kanye West yamubajije uwamugize umucamanza, undi amusubiza ko ibyo ari kumubwira atari ukumucira urubanza, ahubwo ari ukumuhana nk’umuvandimwe.

Icyakora byaje kurangira Musk ategetse ko Kanye yongera akavanwa kuri Twitter.

Mbere y’uko ibintu bigera aho, Kanye yari yabanje kubwira abanyamakuru ko burya yikundira Adolf Hitler ndetse ngo hari byinshi amushima.

Inyenyeri ya Dawidi iba mu ibendera rya Israel. Ni ikirango cy’umusekuruzawabo Dawidi

Avuga ko abantu batagombye guhora banenga Abanazi nk’aho batari abantu nk’abandi.

Umunyamakuru  witwa Jones yabwiye Ye ko Abanazi  bakoze ibintu bibi, ko kubashimagiza bidakwiye, undi amusubiza ko hari n’ibyiza bakoze.

Abayahudi barakaye…

Norm Coleman yavuze ko Kanye West amaze kurenga ihaniro

Nyuma y’ibi, abayobozi bakuru b’Umuryango w’Abayahudi baba muri Amerika witwa Republican Jewish Coalition batangaje ko noneho Ye ‘yarenze imbibi.’.

Ngo kuba yerura agashimagiza Hitler ndetse agahuza ikirango z’Abanazi n’inyenyeri ya Dawidi ari ikimenyetso cy’urwango rukomeye afitiye Abayahudi, kandi ibyo yakoze bikwiye kwamaganwa.

Twibuke ko Abanazi bari bagize ishyaka rya Adolf Hitler ryakoreye Abayahudi Jenoside yahitanye abageri kuri Miliyoni esheshatu mu Burayi bwose.

Ikirango cy’Abanazi bita Swastika
TAGGED:AbanaziAbayahudifeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UN Yatanze Impuruza Kuri Jenoside Ishoboka Muri DRC
Next Article Perezida Ramaphosa Arateganya Kwegura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?