Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2025 12:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amiss Cedric
SHARE

Amiss Cedric usanzwe ari Kapiteni wa Kiyovu Sports yahagaritswe imikino ibiri kandi yamburwa umwambaro wa Kapiteni kubera imyitwarire idahwitse nk’uko ibaruwa imugenewe ibivuga.

Uyu mugabo ukomoka mu Burundi yandikiwe n’ubuyobozi bwa Kiyovu ko nyuma y’uko, ku wa Mbere w’iki Cyumweru asimbujwe mu mukino Kiyovu Sports yatsinzwemo na Al Merreikh 2-0 atabyishimiye bituma akubita bagenzi be igitambaro cy’ubukapiteni, biba bibaye inshuro ya kabiri yitwara nabi.

Perezida wa Kiyovu Sports witwa Nkurunziza David yandikiye Cedric Amiss ko ubuyobozi bwa Kiyovu Sports Club bumwandikiye bugira ngo bumumenyeshe  ko ahagaritswe imikino ibiri ku mpamvu z’amakosa yamugaragayeho.

Muri iyo baruwa hari ahagira hati: “Bwana Amiss Cedric, dushingiye ku myifatire idakwiriye wagaragaje kuwa 21, Ugushingo, 2025 ubwo ikipe ubereye kapiteni yakinaga na Gasogi United ndetse no kuwa 24, Ugushyingo, 2025 mu mukino ikipe ya Kiyovu Sports Club yakiraga Al Marrikh, ubwo wafashe igitambaro kiranga umuyobozi uyoboye abandi mu kibuga (Brassard) ukayijugunya hasi imbere y’umutoza, ubuyobozi bw’ikipe ndetse n’abafana…

Dushingiye kandi ko imyitwarire nk’iyo idakwiriye umuyobozi, by’umwihariko umukinnyi w’umunyamwuga nkawe, tukwandikiye tukumenyesha ko guhera uyu munsi utakarijwe ikizere wagiriwe nk’umuyobozi uyobora abandi mu kibuga bityo ukaba utakiri kapiteni wa Kiyovu Sports Club.”

Iyo baruwa ikomeza ivuga ko uyu mukinnyi  ahagaritswe imikino ibiri (2) ikurikirana ariko ikanungamo ko agomba gukora imyitozo nk’uko biri mu masezerano y’akazi afitanye na Kiyovu Sports Club.

Ubwo yabazwaga kuri myitwarire ya Amiss Cedric, nyuma y’umukino wa Al-Merrikh, umutoza Haringingo Francis yavuze ko bizaganirwabo bigakemirirwa imbere mu ikipe.

Ubwo kandi ibi bibaye mu gihe Kiyovu Sports itegura umukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona izakina  na Gorilla FC kuri uyu wa Kane saa kumi nimwe z’umugoroba kuri Kigali Pélé Stadium.

Abanyamakuru ba siporo bavuga ko muri rusange uyu mukinnyi agira imyitwarire myiza.

TAGGED:AmissKapiteniKiyovuUmukinnyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga
Next Article Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Imikino

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imikoranire Y’u Rwanda Na Arsenal Kuri Visit Rwanda Igiye Kugera Ku Ndunduro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?