Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Barasabwa Gukaza Irondo Bagakumira Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Barasabwa Gukaza Irondo Bagakumira Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2023 7:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Karongi haherutse kwaduka inkongi yatwitse hegitare zirenga 20 z’amashyamba yo mu mirenge ya Rwankuba, Gitesi na Bwishyura. Meya yasabye abaturage gukaza irondo kugira ngo bajye bazimye inkongi rugikubita.

Iyi nkongi yatangiye taliki 03, Kanama, 2023.

Abaturiye aho ayo mashyamba aherereye babwiye RBA ko umuriro wadutse mu gicuku.

Abakangutse bakabibona bahise bihutira kujya kuzimya, bakongeraho ko hari hamwe muho ayo mashyamba aherereye hari hasanzwe hahinze icyayi.

Umwe muri bo yagize ati: “Mpafite ishyamba n’icyayi. Riri gushya byatangiye saa saba z’ijoro. Mfite ubwoba by’igishoro natanze, ibyanjye byagombaga kundengera byangiritse. Nange mfite igihombo.”

Mugenzi we avuga ko n’abandi bahuje ikibazo bakeka ko hari umugizi wa nabi waba washumitse ishyamba, umuyaga ukwirakwiza ibibatsi bityo ahantu hangana kuriya hagakongoka.

Undi yagize ati: “Twabyutse nijoro nko mu masaha ya saa munani, abantu bari kuvuga ngo nimuhurure, nimuhurure. Ntabwo byari bisanzwe, ibi bintu ntibyaherukaga kuba. Izi ni inyangabirama, turabyamaganye.”

Meya ati: ‘Mukaze amarondo…’

Mukarutesi Vestine

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine yasabye abaturage ‘gukaza amarondo’ kugira ngo umuriro uvutse bahite bawuzimya mu buryo  byoroshye.

Ati: “Mu byukuri kugeza ubu ntawamenya icyateye iyi nkongi. Byahereye mu Murenge wa Bwishyura. Ahafatwa n’inkongi hahitaga hakongeza ahandi, gutyo gutyo….Inkongi nyirizina ntabwo twamenye icyayiteye ariko turakomeza gukurikirana.”

Avuga ko zimwe mu ngamba Akarere kafashe ari ugukuza amarondo kugira ngo aho inkongi yadutse, abaturage bahite bayizimya bikiri mu maguru mashya.

N’ubwo uriya muriro wari mwinshi, ku by’amahirwe,  abaturage bakoze uko bashoboye bafashijwe n’abashinzwe umutekano barawuzimya.

Ku rundi ruhande, hari umuntu watawe muri yombi akekwaho kuba rutwitsi wakongeje  ariya mashyamba.

Uwafashwe ni umuvumvu wari wagiye guhakura ubuki.

TAGGED:AmashyambafeaturedImirengeKarongiMukarutesiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Itegeko Nshinga Rivuguruye Ryatangajwe Mu Igazeti Ya Leta
Next Article Polisi Irashaka Umubano Ukomeye N’Iya Botswana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?