Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Barasabwa Gukaza Irondo Bagakumira Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Barasabwa Gukaza Irondo Bagakumira Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2023 7:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Karongi haherutse kwaduka inkongi yatwitse hegitare zirenga 20 z’amashyamba yo mu mirenge ya Rwankuba, Gitesi na Bwishyura. Meya yasabye abaturage gukaza irondo kugira ngo bajye bazimye inkongi rugikubita.

Iyi nkongi yatangiye taliki 03, Kanama, 2023.

Abaturiye aho ayo mashyamba aherereye babwiye RBA ko umuriro wadutse mu gicuku.

Abakangutse bakabibona bahise bihutira kujya kuzimya, bakongeraho ko hari hamwe muho ayo mashyamba aherereye hari hasanzwe hahinze icyayi.

Umwe muri bo yagize ati: “Mpafite ishyamba n’icyayi. Riri gushya byatangiye saa saba z’ijoro. Mfite ubwoba by’igishoro natanze, ibyanjye byagombaga kundengera byangiritse. Nange mfite igihombo.”

Mugenzi we avuga ko n’abandi bahuje ikibazo bakeka ko hari umugizi wa nabi waba washumitse ishyamba, umuyaga ukwirakwiza ibibatsi bityo ahantu hangana kuriya hagakongoka.

Undi yagize ati: “Twabyutse nijoro nko mu masaha ya saa munani, abantu bari kuvuga ngo nimuhurure, nimuhurure. Ntabwo byari bisanzwe, ibi bintu ntibyaherukaga kuba. Izi ni inyangabirama, turabyamaganye.”

Meya ati: ‘Mukaze amarondo…’

Mukarutesi Vestine

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine yasabye abaturage ‘gukaza amarondo’ kugira ngo umuriro uvutse bahite bawuzimya mu buryo  byoroshye.

Ati: “Mu byukuri kugeza ubu ntawamenya icyateye iyi nkongi. Byahereye mu Murenge wa Bwishyura. Ahafatwa n’inkongi hahitaga hakongeza ahandi, gutyo gutyo….Inkongi nyirizina ntabwo twamenye icyayiteye ariko turakomeza gukurikirana.”

Avuga ko zimwe mu ngamba Akarere kafashe ari ugukuza amarondo kugira ngo aho inkongi yadutse, abaturage bahite bayizimya bikiri mu maguru mashya.

N’ubwo uriya muriro wari mwinshi, ku by’amahirwe,  abaturage bakoze uko bashoboye bafashijwe n’abashinzwe umutekano barawuzimya.

Ku rundi ruhande, hari umuntu watawe muri yombi akekwaho kuba rutwitsi wakongeje  ariya mashyamba.

Uwafashwe ni umuvumvu wari wagiye guhakura ubuki.

TAGGED:AmashyambafeaturedImirengeKarongiMukarutesiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Itegeko Nshinga Rivuguruye Ryatangajwe Mu Igazeti Ya Leta
Next Article Polisi Irashaka Umubano Ukomeye N’Iya Botswana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?