Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Impanuka Ikomeye Yahitanye Abantu Batandatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Impanuka Ikomeye Yahitanye Abantu Batandatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 May 2023 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Toyota Minibus yavaga i Rubengera igana ahitwa Mubuga yakoze impanuka abantu batandatu barapfa, abandi bose basigaye barakomereka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burengerazuba Chief Inspector of Police( CIP) Mucyo Rukundo yabwiye Taarifa ko iriya mpanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi kandi shoferi yari yatendetse.

Iriya Minibus yari irimo abantu 24, batandatu barapfa, abandi 19 barakomereka.

Shoferi ntiyapfuye ariko yakomeretse bikomeye.

Amakuru avuga ko iyi modoka itwara abagenzi, yarenze umuhanda i Bwishyura igwa mu manga mu ntera iri hagati ya metero 20-25.

Ahantu iyi mpanuka yabereye hasanzwe hari amakoni bityo umuvuduko ukaba ari wo watumye shoferi adashobora kuringaniza imodoka bituma irenga umuhanda.

CIP Mucyo Rukundo ati: “ Polisi irasaba abashoferi kuzirikana ko ubuzima bwabo n’ubw’abo batwaye ari ubw’agaciro bakirinda umuvuduko. Abagenzi nabo ntibakwiye kwemera ko shoferi akora amafuti ngo atendeke babireba.”

Avuga ko abagenzi bagomba kujya banga kugendera mu modoka itwawe n’umuntu watendetse kandi babona ko shoferi ari kwiruka, bakamukebura yakwanga bagahamagara Polisi.

Abantu 12 bakomeretse bikabije, batanu boherezwa mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali(CHUK), abandi batanu boherezwa mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda( Rwanda Military Hospital) n’aho abandi babiri boherezwa mu bitaro byitiriwe umwami Faysal.

Amakuru avuga ko hari abaturage babiri babonye uko iriya mpanuka yagenze birabahahamura ubu bari kwitabwaho.

Batanu mu bapfuye bamenyekanye ni Uwamahoro Génèvieve, Abayo Sifa Sandrine, Nyinawishyaka Léothali, Umucungamari w’ikigo cya Groupe Scolaire Cyinama tutaramenya amazina ndetse n’umucuruzi w’i Mubuga witwa Mama Paterne

TAGGED:AbagenziAbantufeaturedImpanukaKarongiPolisiRukundo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abisilamu Bo Hirya No Hino Ku Isi Bari Kurushanwa Kuvuga Korowani Mu Mutwe
Next Article Umuhanzi Sintex Afunganywe Na Mugenzi We W’i Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?