Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2025 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
John Bosco Nyemazi ( Ifoto: Akarere ka Kayonza: X)
SHARE

Amakuru Taarifa Rwanda yahawe n’umwe mu bakozi b’Akarere ka Kayonza utashatse ko amazina ye amenyekana kubera ko azwi kandi akaba azi uburemere bw’ayo makuru, yemeza ko Nyemazi John Bosco wayoboraga aka Karere n’abo bakoranaga bari bamaze iminsi bakumira ko abaturage bo mu Murenge wa Ndego basuhukira mu Karere ka Kirehe kubera amapfa ari aho batuye.

Uwo muturage avuga ko gusuhuka kw’abatuye Ndego kwari kumaze icyumweru kuba ariko Meya Nyemazi afatanyije n’abandi barimo n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Ndego bagakumiraga abaturage ngo badasuhuka kuko ‘bigaragara nabi.’

Izuba rimaze iminsi muri aka Karere cyanecyane mu Mirenge ya Ndego, Mwiri, Rwinkwavu, Kageyo, Nyamugari na Kabare niryo ryatumye basonza ariko rigeze mu Murenge wa Ndego ribigirizaho nkana.

Abaturage bo muri Ndego basuhukiraga  ahitwa k’Umurindi wa Nasho muri Kirehe.

Umuturage twaganiriye yagize ati: “ Urumva, nk’umuturage ufite umuntu azi ahantu yagendaga amusanga kuko azi ko hari ibyo kurya akamusuhukiraho ngo arebe ko yabona icyo arya. Abayobozi rero babatangiraga ngo batajya yo bikagaragara nabi.”

Avuga ko izuba ryatse ryumishije ibigori n’ibishyimbo kandi ari byo abaturage bari bizeyeho umusaruro none ngo inzara iranuma.

Ku rundi ruhande, ikibazo cyabaye muri Ndego cyatumye abayobozi batangira guha ibiribwa abatuye indi mirenge yavuzwe haruguru, ibyo biribwa bikaba birimo ibishyimbo n’ibigori.

Wa muturage yunzemo ati: “ Kuva ibyo bintu bimaze kumenyakana, abayobozi bahise batangira gahunda yo guha abaturage ibigori. Muri Rwinkwavu na Mwiri ni mu tugari tumwe na tumwe.”

Hari umugore utuye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo ahitwa mu Izindiro witwa Aline Uwingeneye ufite ababyeyi batuye mu Kagari ka Cyabajwa muri Kabarondo ya Kayonza wabwiye Taarifa Rwanda ko iwabo nabo kubona icyo bashyira ku ziko bitoroshye.

Iyo mirenge ifite ikibazo cy’amapfa.

Ati: “ N’iwacu bajya bampamagara ngo ngire icyo mbaha niyo kaba akawunga kandi hari ubwo basanga nanjye ntako meze. Urabizi i Kigali ntibyoroshye. Iwacu rwose baba bantakira kandi mbere bajyaga banyoherereza n’igitoki none byarahagaze.”

Abajijwe niba nta bucuruzi buri za Kayonza bwunganira abantu, yasubije ko ucuruza bigakunda ari uwafatishije, wabitangiye kare.

Perezida wa Njyanama ati: ‘bazize kudatanga serivisi nziza’

Doreen Basiime Kalimba uyobora Inama Njyanama ya Kayonza avuga ko inkuru y’amapfa iherutse kuvugwa muri kariya Karere iri mu byatumye babona ko ibintu bikomeye.

Ikindi ni uko hari serivisi mbi Nyobozi yahaga abaturage bituma kuri iki Cyumweru ihagarikwa.

Avuga ko hari inama abagize Nyobozi bagiriwe barinangira ndetse ngo hari andi makuru bahabwaga n’izindi nzego ariko ntibayabyaze umusaruro kandi yaragombaga kugirira abaturage akamaro.

Doreen BASIIME KALIMBA, uyobora Njyanama y’Akarere ka Kayonza.

Ati: “ Twasanze imwe mu mpamvu zatumaga badakurikiza inama tubagira ari uko badafatanya, badakorera hamwe no kuba batinda gukemura ibibazo kandi iyo utinze gukemura ikibazo kimwe havuka ikindi”.

Basiime Kalimba avuga ko bagiye guhuza inzego bakicara bakareba uko ubuyobozi bwajyaho vuba kandi serivisi ngo niyo igiye gushyirwa imbere mu guhabwa abaturage.

Ku byerekeye igihe ubuyobozi buri busubirireho, Perezida wa Njyanama yavuze ko ‘bitari butinde.’

Mu gihe ibi bivugwa muri Kayonza, hari andi makuru Taarifa Rwanda ifite avuga ko no mu Karere ka Bugesera hashobora kwaduka inzara itewe n’udukoko bita umukondo w’inyana twonona imyaka.

TAGGED:AbaturageAkarerefeaturedGusuhukaInzaraKayonzaNyemazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse
Next Article Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?