Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Urubyiruko Rukomeje Kwanga Perezida Ruto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya: Urubyiruko Rukomeje Kwanga Perezida Ruto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2024 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyo muri Kenya bikomeje kuyoborana nyuma y’uko urubyiruko rubyukiye mu yindi myigaragambyo ikomeye rwamagana Perezida Ruto.

Kuri uyu wa Kabiri ibintu byari byongeye gukara mu mihanda minini ya Nairobi aho urubyiruko rukomeje gutwika imipinezl, rusenya ibikorwa remezo.

Amaduka bayashumitse, andi afunga imiryango mu rwego rwo kwanga ko ba nyira yo bahasiga ubuzima cyangwa bagasahurwa.

Umwe mu mijyi yibasiwe ni Kisumu na Nairobi, umurwa mukuru.

Umujinya w’urubyiruko wakomotse ku itegeko riherutse kuvuga ko imisoro igomba kuzamuka kugira ngo Kenya ibone uko yishyura imyenda ibereyemo abayiteye inkunga.

Iryo tegeko baryise Finance Bill.

Perezidante wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu muri Kenya, Roseline Odede aheruka gutangaza ko ari bwo bwa mbere imyigaragambyo iguyemo abantu benshi mu gihe gito.

Perezida Ruto aherutse kuvuga ko abantu 19 ari bo bayiguyemo mu gihe itangazamakuru ryo rivuga ko ari ahantu 22.

Ku rundi ruhande, abo muri Sosiyete Sivile bemeza ko hapfuye abantu 39.

Uko baba bangana kose ariko, uko bigaragara urubyiruko rwamaramarije gukomeza kwamagana iby’uyu musoro kuzageza uvanyweho kandi ibintu byose byabangamiraga imibereho myiza y’abaturage bikavanwaho.

Ibintu bikomeje kudogera i Nairobi no mu Mujyi wa Mombasa nk’uko Daily Nation yabyanditse.

I Nairobi ho byaje kuba ngombwa ko urukiko ruhagarika urubanza rwaburanishaga.

Ni mu rwego rwo kwanga ko hari abahahurira n’akaga kubera ibiri kubera mu nkengero z’aho.

Abigaragambya biganjemo urubyiruko baherutse kwibasira ibikorwa bya Leta nk’Inteko ishinga amategeko barayitwika, batwika indege yari iparitse ku kibuga cy’indege, basahura amaduka ya bamwe mu Badepite, banahangana bikomeye n’abapolisi bayitera amabuye.

Perezida wa Kenya William Ruto yabwiye abaturage ko Guverinoma igiye guhangana bikomeye n’abo bigaragambya.

TAGGED:featuredKenyaPolisiRutoUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzu Yo Kwa Makuza Yahiye
Next Article Umunyarwandakazi Yapfiriye Muri Oman Agonzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?