Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Urubyiruko Rukomeje Kwanga Perezida Ruto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya: Urubyiruko Rukomeje Kwanga Perezida Ruto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2024 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyo muri Kenya bikomeje kuyoborana nyuma y’uko urubyiruko rubyukiye mu yindi myigaragambyo ikomeye rwamagana Perezida Ruto.

Kuri uyu wa Kabiri ibintu byari byongeye gukara mu mihanda minini ya Nairobi aho urubyiruko rukomeje gutwika imipinezl, rusenya ibikorwa remezo.

Amaduka bayashumitse, andi afunga imiryango mu rwego rwo kwanga ko ba nyira yo bahasiga ubuzima cyangwa bagasahurwa.

Umwe mu mijyi yibasiwe ni Kisumu na Nairobi, umurwa mukuru.

Umujinya w’urubyiruko wakomotse ku itegeko riherutse kuvuga ko imisoro igomba kuzamuka kugira ngo Kenya ibone uko yishyura imyenda ibereyemo abayiteye inkunga.

Iryo tegeko baryise Finance Bill.

Perezidante wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu muri Kenya, Roseline Odede aheruka gutangaza ko ari bwo bwa mbere imyigaragambyo iguyemo abantu benshi mu gihe gito.

Perezida Ruto aherutse kuvuga ko abantu 19 ari bo bayiguyemo mu gihe itangazamakuru ryo rivuga ko ari ahantu 22.

Ku rundi ruhande, abo muri Sosiyete Sivile bemeza ko hapfuye abantu 39.

Uko baba bangana kose ariko, uko bigaragara urubyiruko rwamaramarije gukomeza kwamagana iby’uyu musoro kuzageza uvanyweho kandi ibintu byose byabangamiraga imibereho myiza y’abaturage bikavanwaho.

Ibintu bikomeje kudogera i Nairobi no mu Mujyi wa Mombasa nk’uko Daily Nation yabyanditse.

I Nairobi ho byaje kuba ngombwa ko urukiko ruhagarika urubanza rwaburanishaga.

Ni mu rwego rwo kwanga ko hari abahahurira n’akaga kubera ibiri kubera mu nkengero z’aho.

Abigaragambya biganjemo urubyiruko baherutse kwibasira ibikorwa bya Leta nk’Inteko ishinga amategeko barayitwika, batwika indege yari iparitse ku kibuga cy’indege, basahura amaduka ya bamwe mu Badepite, banahangana bikomeye n’abapolisi bayitera amabuye.

Perezida wa Kenya William Ruto yabwiye abaturage ko Guverinoma igiye guhangana bikomeye n’abo bigaragambya.

TAGGED:featuredKenyaPolisiRutoUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzu Yo Kwa Makuza Yahiye
Next Article Umunyarwandakazi Yapfiriye Muri Oman Agonzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?