Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kera Kabaye Ibiribwa N’Imiti Byemerewe Kwinjira Muri Gaza Ku Bwinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kera Kabaye Ibiribwa N’Imiti Byemerewe Kwinjira Muri Gaza Ku Bwinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 October 2025 10:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amakamyo yinjiza ibiribwa n'imiti muri Gaza. Ifoto:BBC
SHARE

Amakamyo abarirwa muri mirongo yamaze kwinjira muri Gaza agemuriye abaturage imiti n’ibiribwa. Abarwanyi ba Hamas ubu nibo bari kugenzura Gaza mu rwego rwo kurinda ko ba rusahuriramunduru bakwigabiza iby’abandi.

Ayo makamyo aje asanga hari abaturage ba Gaza bamaze kugera mu bice bahoze batuyemo, ubu bikaba byarahindutse itongo kubera intambara ihamaze imyaka ibiri.

Hari n’abataragize amahirwe yo kubona ayo mafunguro kuko bishwe n’inzara abandi bahitanwa n’amasasu cyangwa ibindi bijyanirana n’intambara.

Iyo ntambara yahitanye abantu 67,211 abandi benshi barakomereka.

Yadutse tariki 07, Ukwakira, 2023 ubwo abarwanyi ba Hamas batunguraga Israel bakayigabaho igitero kishe abaturage bayo 1,200 abandi 250 ikabatwara bunyago.

Mu gihe abatabazi bo muri Croix Rouge na Croissant-Rouge bamaze kwinjiza muri Gaza buriya butabazi, ku rundi ruhande, inama za dipolomasi zirakomeje.

Mu ndege harimo Abakuru b’ibihugu n’abami bose hamwe bagera kuri 20 berekeje mu Mujyi wa Sharm El-Sheikh mu Misiri aho bari businyire amasezerano ya burundu yo guhagarika intambara muri Gaza no gushakira amahoro arambye Uburasirazuba bwo Hagati nk’uko BBC ibyemeza.

Muri abo bayobozi harimo Perezida wa Amerika Donald Trump ari nawe mushyitsi mukuru na Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Sir. Keir Starmer uteganya kuza kuhagera mu masaha ari imbere.

Aba bayobozi bose bazahagararira mu buryo bw’ikoranabuhanga igikorwa cyo kurekura imfungwa n’abatwawe bunyago kizakorwa kuri uyu wa Mbere tariki 13, Ukwakira, 2025 bikozwe na Israel na Hamas.

Israel izarekura abarwanyi  1,700 ifungiye muri Gaza n’Abanya Palestine 250 ifungiye imbere mu gihugu, mu gihe Hamas nayo izarekura abo yatwaye bunyago barimo abazima n’abapfuye kuko muri 48 bari batarataha iwabo muri Israel, hari abagera kuri 20 bapfuye.

Hagati aho, hari ihurizo Israel isigaranye nk’uko bivugwa na Minisitiri wayo ushinzwe ingabo witwa Israel Katz.

Iryo hurizo ni ugusenya indake zose zose Hamas yubatse aho ari ho hose muri Gaza.

Kuri X/Twitter, Minisitiri Katz yanditse ati: “ Ihurizo dusigaranye kugeza ubu ni ugusenya indake zose za Hamas. Natanze amabwiriza mu ngabo ko igihe cyose tuzaba tumaze kubona abantu bacu babadusubije, zizihutira gusenya ziriya ndake vuba na bwangu. Bizakorwa hakurikijwe ibikubiye mu byo twumvikanye na Amerika.”

האתגר הגדול של ישראל לאחר שלב החזרת החטופים יהיה הריסת כל מנהרות הטרור של חמאס בעזה באופן ישיר ע"י צה"ל ובאמצעות המנגנון הבינלאומי שיוקם בהובלת ופיקוח ארה"ב.

זאת המשמעות העיקרית של מימוש העיקרון עליו סוכם של פירוז עזה ונטרול חמאס מנשקו.

הנחיתי את צה"ל להיערך לביצוע המשימה.

— ישראל כ”ץ Israel Katz (@Israel_katz) October 12, 2025

TAGGED:AmakamyoDipolomasifeaturedHamasIbiribwaImitiInamaInkunga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF na Polisi Bari Guha Abatuye Sudani Y’Epfo Uburyo Bwo Kwirinda Malaria
Next Article Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

RDF na Polisi Bari Guha Abatuye Sudani Y’Epfo Uburyo Bwo Kwirinda Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Israel Na Hamas Ntibiri Buhagararirwe Mu Isinywa Rya Burundu Ry’Amahoro Ya Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?