Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kera Kabaye Stade Amahoro ‘Igiye’ Kwagurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kera Kabaye Stade Amahoro ‘Igiye’ Kwagurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 February 2022 3:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru y’uko Stade Amahoro izagurwa ikongererwa ubwiza n’ubuso yatangiye gutangazwa bwa mbere n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire mu mwaka wa 2018.

Hari amakuru avuga ko hagati ya Werurwe na Mata, 2022 iriya sitade izagurwa, ibyavuzwe guhera mu mwaka wa 2018 bigatangira gushyirwa mu bikorwa.

Niyuzura izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45 bicaye neza.

IGIHE yanditse ko muri iki gihe abahanga mu bwubatsi bari gusuzuma niba inkingi ziteruye aho abafana bicara zigishize zigahama kugira ngo batazahubuka bakubira ku kintu kidakomeye, ibyo umuntu yagereranya no kubakira ku musenyi.

 Igice iriya sitade iherereyemo ni cyo cyubatswemo na Inzu ngari y’imikino itandukanye yitwa Kigali Arena.

Izi nyubako zose zizubakwa mu Murenge wa Remera, Akarere ka Gasabo.

Kigali Arena yo yuzuye mu mwaka wa 2019.

Amakuru avuga ko amashyirahamwe y’imikino yari isanzwe ikorera mu nyubako ziriya sitade yatangiye gushaka ahandi akorera.

Yahawe igihe cy’iminsi 30 ni ukuvuga ukwezi kumwe akaba yarangije kubona aho akorera.

Ikindi ni uko byitezwe ko ubwo iriya Sitade izaba ivugurwa, ari nako na Sitade nto ya Remera isanzwe ikinirwamo imikino y’amaboko nayo izavugururwa.

Ikigo kizavugura Sitade ya Amahoro ni icy’abanya –Turikiya.

Sitade Amahoro yuzuye mu mwaka wa 1986, ikaba yari isanzwe ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 30 000 bicaye neza.

Yubatswe n’Ikigo cy’Abashinwa kitwa  China Civil Engineering Construction Corporation.

Hari umwe mu bagabo b’inararibonye witwa Callixte Karangwa  wabwiye Taarifa imirimo yo kubaka iyi Sitade yakurikiranirwaga hafi n’umugabo witwaga Kanamugire wakoraga muri Minisiteri y’urubyiruko, imikino n’amakoperative.

TAGGED:AmahoroArenafeaturedImikinoKigaliStadeTurikiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Mozambique Yakiriwe Na Mugenzi We W’u Rwanda
Next Article Kaminuza Y’Ubuvuzi Kuri Bose Iri I Burera Yashimwe Ku Rwego Rw’Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?