Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Bafatanywe Magendu Ya Miliyoni Frw 19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Bafatanywe Magendu Ya Miliyoni Frw 19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 June 2023 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo babiri barimo umwe w’imyaka 40 n’undi w’imyaka 27 batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ibasanganye inzoga iby’ibyotsi( liquors) ikemeza ko ari magendu.

Ishami rya Polisi  rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu (ASOC) niryo ryabafashe  ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 6 Kamena, 2023.

Ryabasanganye amacupa 474 y’inzoga z’ibyotsi bitandukanye.

Bombi bafatiwe kuri moto, umwe w’imyaka 40 wari utwaye izo nzoga ari kumwe na mugenzi we w’imyaka 27.

Igenagaciro ryasanze ziriya nzoga zifite agaciro ka Frw 19,810,000.

Bafatanywe inzoga zitwa  Savanna, Drostdy, Double Black, Hennessy, Jack Daniel, Jameson, Black label, Bailey, Martelle, Camino, Amarula, Vodka, Hendrick, Red label, Saphire, Martin, Chivas, Veuve Cliequot, na Tequila Patrol.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko habanje gufatwa umwe muri bo wari utwaye zimwe muri ziriya nzoga kuri moto azishyiriye abakiliya.

Ati: “Abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu ku mugoroba wo ku wa Kabiri, ubwo bari mu kazi ahazwi nka Rwandex mu Karere ka Kicukiro, hanyuze moto yari itwaweho inzoga za likeri baje gusanga ari magendu nyuma yo kuyihagarika, uwari uyitwaye yahise afatwa.”

SP Twajamahoro avuga ko abapolisi babajije uwo zafatanywe aho azivanye avuga ko ari iz’umucuruzi utuye mu Mudugudu wa Murindi, Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe.

Abapolisi bageze mu rugo rw’uwo muntu  basanga afite mu bubiko amacupa 474 y’izo nzoga ahita afatwa.

SP Twajamahoro yaboneyeho umwanya wo gukangurira abakora ubucuruzi gukora ubucuruzi bwabo mu buryo bwemewe n’amategeko bagaca ukubiri na magendu mu rwego rwo kwirinda ibihano.

Yaburiye abakora mu bucuruzi bwa magendu ko Polisi yabahagurukiye kandi ko amayeri bakoresha  amenyekana biturutse ku bufatanye n’abaturage.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199, ivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu na yo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadolari ya Amerika (US$5000).

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

TAGGED:featuredimodokaMagenduPolisiTwajamaharo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nsanzabaganwa Monique Yahuye Na Perezida Kagame Mu Biro Bye
Next Article RDF Yahawe Umuvugizi Wungirije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?