Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abahanga Bariga Uko Ibitera Abantu Indwara Byakumirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Kigali: Abahanga Bariga Uko Ibitera Abantu Indwara Byakumirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2025 1:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abahanga baraganira uko abantu barindwa uburwayi bwa hato na hato
SHARE

Mu Mujyi wa Kigali harabera inama y’iminsi itatu ihuje abahanga mu binyabuzima baturutse muri Afurika ngo bige uko udukoko tuva mu bidukikije tutakomeza kwanduza abantu.

Ni inama yitwa SBA 4.0 SynBio Africa 2025.

Abo bahanga bavuga ko kugira ngo abantu babeho neza babanye n’ibidukikije, ari ngombwa ko ubushakashatsi bukorwa muri za Kaminuza bwajya bugezwa ku baturage mu mvugo n’ururimi bumva.

Bigomba gukorwa hagamijwe ko abaturage bamenya ibyo bakwiye kwirinda kugira ngo udukoko nka virusi( nitwo tukunze gutera abantu indwara zikomeye nka Ebola na Coronavirus) tutabanduza kandi n’igihe bibaye bamenye uko bakwivuza.

Urwo rugamba, nk’uko babivuga, rugomba no kurwanwa n’abagize sosiyete sivile, abafata ibyemezo bya politiki n’abita ku matungo muri rusange.

Dr. Lawrence Mugisha umwe mu bahanga bo muri Uganda avuga ko iwabo abashakashatsi bakorana n’abanyeshuri n’abaturage kugira ngo bababwire uko bakwirinda izo ndwara.

Ikiganiro cye kibanze ku ngingo y’uko abantu bakwiye kumenya ko umubumbe batuyeho bawuturanyeho n’inyamaswa n’amatungo kandi ibyo binyabuzima byose bikwiye kubana nabo.

Uwo mubano w’abantu, inyamaswa n’amatungo, ushingiye ku byo bahuriyeho nko guhumeka, amazi, ibiribwa n’ibindi bigize uwo mubano bikubiye mu ngingo nshya muri iki gihe abahanga bita One Health.

Mugisha ati: “ Dukwiye gukoresha imibare n’ubushakashatsi dufite mu kurinda ibidukikije kandi tugakora ikoranabuhanga rifasha mu kurinda amakuru y’ubumenyi dufite muri ibyo byose. Ni amakuru y’agaciro akwiye kurindwa abajura mu ikoranabuhanga ngo batayiba cyangwa bakayangiza akadupfira ubusa”.

Dr. Claire Standley undi muhanga uri muri iyi nama yemeza ko igihe isi igezemo kirangwa n’imihindagurikire y’ikirere ari ngombwa kuzirikana ibintu byose byakoma mu nkokora umuhati wo kurinda ko indwara zigera henshi ku isi.

Avuga ko ikindi cy’ingenzi ari uko urubyiruko rukwiye kwihingamo ubushake bwo gukora ubushakashatsi kuko n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ryashyize kuri murandasi amasomo yarufasha kwihugura kuri iyo ngingo yo kurinda ubuzima bwa muntu, hatabayeho kwangiza iby’ibidukikije.

Indi ngingo ikomeye ni ugushyiraho uburyo bwo gukora no gukwiza mu bantu hirya no hino ku isi inkingo kugira ngo bakingirwe, baba abakuru cyangwa abato.

Claire Standley ati: “ Ni ngombwa ko inganda zikora neza kandi zigakorana n’ibihugu kugira ngo inkingo zigere kuri benshi. Kuri njye ibyo nsanga ari ingenzi cyane”.

U Rwanda, hagati aho, rufite icyiciro cy’ikigo nyafurika gikora inkingo n’imiti, Africa Medecines Agency, kiri mu Karere ka Nyarugenge.

Rushimirwa kandi ko rufite ingamba z’isuku n’isukura zifasha mu kurinda abarutuye indwara zitandukanye.

Ubwo COVID-19 yageraga ku isi, yakuye benshi umutima, ituma isi isanga ari ngombwa ko inkingo zidakwiye kuba umwihariko wa bamwe.

Imyaka igiye kuba itatu isa n’ihagaze, abahanga ku isi baracyareba uko ibyabaye muri kiriya gihe cyatangiye mu mpera za 2019 bitazongera kuba.

Nyuma ya COVID, hadutse izindi ndwara nka Monkeypox na Marburg Virus, izi zikaba indwara ziterwa na virus nazo zari zigiye guhitana benshi no guhagarika ubuzima hirya no hino ku isi.

TAGGED:AbahangaCOVIDIndwaraKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakekwaho Kwiba Ububiko Bwa Dubai Port Bafashwe
Next Article Amerika Ya Trump Ikomeje Kwitambika Ibyo Kutohereza Mu Kirere Ibyuka Byanduye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?