Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Hagenwe Miliyoni Frw 727 Zo Kubaka Aho Abazunguzayi Bazakorera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kigali: Hagenwe Miliyoni Frw 727 Zo Kubaka Aho Abazunguzayi Bazakorera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 July 2022 7:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu mishinga igamije kuzamura imibereho myiza y’abatuye Umujyi wa Kigali ni uwa Miliyoni Frw 727 zo kubaka ahantu hameze neza abazunguzayi bazacururiza. Icyakora hari ahigeze kubakwa hirya no hino mu Rwanda ariko abakora buriya bucuruzi bahagaya ko hategereye abaguzi.

Ariya mafaranga azakoreshwa no mu guha abazunguzayi igishoro kugira ngo bashore menshi bacuruze ibintu byinshi kandi bitandukanye bityo bibongerere inyungu.

Ubuyobozi mu Mujyi wa Kigali bwabwiye IGIHE ducyesha iyi nkuru ko hari abacuruzi 3,941 bo mu turere tw’Umujyi wa Kigali batoranyijwe kugira ngo bazahabwe iriya nkunga.

Barimo 18.000 bo mu Karere ka  Gasabo, 952 bo mu Karere ka  Kicukiro n’abantu  1080 no mu Karere ka  Nyarugenge.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ahantu icyenda niho hateganyirijwe kuzuhakwa.

Ku rundi ruhande, hari indi mishinga Umujyi wa Kigali ushaka gushyira mu bikorwa mu rwego rwo kurushaho gusukura no gutuma abatuye n’abagenda Umujyi wa Kigali bagubwa neza.

Kugeza ubu uyu Mujyi utuwe n’abaturage bagera kuri Miliyoni 1.3.

Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali iherutse gutora ingengo y’imari izakoreshwa kuva tariki 1 Nyakanga 2022 kugeza ku wa 30 Kamena 2023.

Ingengo y’Imari y’Umujyi wa Kigali ni Miliyari 137,5.

- Advertisement -

Mu mwaka wa 2021/2022 ingengo y’imari y’uyu mujyi yari Miliyari Frw 127,6, bivuze ko muri uyu mwaka wa 2022/2023 yiyongereyeho 7.7%

Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Dr Muganga Kayihura Didas, yabwiye IGIHE ko muri uyu mwaka hazibandwa ku bikorwa by’iterambere.

Abakoze igenamigambi ry’uko iriya ngengo y’imari izakoreshwa bagennye ko ibikorwa by’iterambere biziharira 40% by’ingengo yose y’imari yateganyijwe.

Ati “Iyi ngengo y’imari ubwayo ni ubuzima bw’Umunyamujyi. Umuturage w’Umujyi wa Kigali agomba kurangwa n’ibikorwa by’iterambere. Ibikorwaremezo, inyubako ariko kandi tutirengagije n’ibikorwa byo guhindura imibereho ye.”

Abakoze ingengo y’imari y’Umujyi wa Kigali bavuga ko izakoreshwa hibandwa ku nkingi eshatu ari zo: Ubukungu, Imibereho Myiza n’Imiyoborere.

Mu rwego rw’ibikorwa remezo Leta imaranye igihe intego y’uko mu 2024, buri Munyarwanda azaba agerwaho n’amazi meza n’amashanyarazi.

Ku byerekeye amashanyarazi, hari imibare ivuga ko amaze kugera ku Banyarwanda ku kigero kirenga 70%.

Ku rwego rw’Umujyi wa Kigali Akarere gafite amashanyarazi 100% ni Akarere ka Kicukiro, iyi mibare kakayisangira na Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo.

Ku byerekeye imihanda, Umujyi wa Kigali urateganya kuzubaka ireshya na Kilometero 69,8.

Iyi yagenewe ingengo y’imari ya Miliyari  Frw 17,2.

Ibindi bilometero 20 bizubakwa n’abaturage ubwabo ariko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bubunganire.

Mu kubunganire, ubuyobozi bw’uyu Mujyi bwateguye Miliyari Frw 1,5.

Kugira ngo imihanda irusheho guha serivisi abatuye Umujyi wa Kigali, hari na gahunda yo kongera imodoka zitwara abagenzi ndetse n’aho bazitegerereza hakongerwa kandi hakaba hameze neza k’uburyo uhategerereje imodoka aba aguwe neza.

Nk’uko bimeze ku mijyi minini, abayituye baba bakeneye aho bazajya bidagadurira, kandi bakahakorera siporo.

Niyo mpamvu hari ibyanya bine bizatunganywa, hubakwe ibiraro byo mu kirere bigabanya imihanda yo hasi n’iyo mu kirere.

I Kanyinya hazubakwa ikiswe Kanyinya Hiking Site.

Ni igice cyagenewe siporo yo guterera.

Mu mezi make ashize, Minisiteri ya siporo yatangaje ko igiye gukorana n’Umujyi wa Kigali hakubakwa sitade nto z’imikino itandukanye zazafasha urubyiruko kuzamura impano zo gukina imikino itandukanye.

Umujyi wa Kigali utanganza ko ufite gahunda yo kuvugurura ahantu hatuwe hacucitse, bita utujagari.

Ingengo y’imari yagenewe iryo vugurura ingana na Miliyari Frw 11,5.

Umuyobozi Mukuru w’Ibikorwa by’Umujyi wa Kigali, Rugaza Julian, avuga ko uduce tuzavugururwa ari utwa Nyabisindu na Nyagatovu mu Karere ka Gasabo; Gitega mu Karere ka Nyarugenge na Gatenga muri Kicukiro.

Tuzashyirwamo imihanda, amashyarazi, amatara yo ku muhanda n’amazi meza.

Muhima na Gatsata naho hazubakwa inzu zigezweho hakaba harateguriwe Miliyari  Frw 2.

Ahitwa Mpazi n’aho hazubakwa inzu zigezweho zizaturwamo n’abaturage bazavanwa ahantu hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Nyuma yo kubona ko ‘Car Free Zone yagiriye akamaro abantu benshi,  Umujyi wa Kigali watangaje ko washyizeho gahunda yo kuvugurura ahitwa ‘Imbuga City Walk’.

‘Imbuga City Walk’ igizwe n’inzira z’abanyamaguru n’abatwara amagare, ubusitani, kiosks (zizaba zicururizwamo amafunguro n’ibinyobwa), ahagenewe imurikagurisha, intebe rusange z’abashaka kuganira no kuruhuka kandi hakaba hari murandasi (WiFi), ubwiherero rusange n’ibindi.

Imbuga City Walk izavugurwa yongererwe ubuso igere ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK.

Kuyivugurura byateganyirijwe Miliyoni Frw 600.

TAGGED:AbazunguzayifeaturedKigaliUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Birabujijwe Gukora Inkuru Zamamaza Imiti Nta Burenganzira
Next Article Umuvugizi Wa RDF Yahawe Ipeti Rya Brigadier General
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?