Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Kaminuza Nyafurika Yigisha Imibare Yashyizeho Aho Guhangira Udushya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kigali: Kaminuza Nyafurika Yigisha Imibare Yashyizeho Aho Guhangira Udushya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2025 3:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kaminuza yigisha imibare na siyansi iri mu Murenge wa Niboye Akagari ka Nyakabanda mu Karere ka Kicukioro haherutse gutahwa icyumba abahanze udushya bakoresheje ubwenge buhangano bazajya bicaramo bakatubyaza umusaruro.

Ni icyumba bise AIMS Incubation ‘Eureka Mu Rugo’.

Eureka ni ijambo ry’Ikigereki rigaragaraza gutangara igihe umuntu avumbuye ikintu gikomeye rikaba ryaravuzwe mbere n’umuhanga mu bugenge w’Umugereki wo mu cyo hambere cyane  witwaga Archimédès.

Uyu muhanga yavutse  mu mwaka wa 287  atabaruka mu mwaka wa 212 Mbere y’Ivuka Rya Yezu Kristu.

Abayobozi bo muri Kaminuza Nyafurika yigisha imibare na Siyansi, Africa Institute for Mathematical Sciences, AIMS, bavuga ko icyo cyumba kigamije gufasha abafite iyi mishinga kubona aho bayitunganyiriza, hazira urusaku n’akaduruvayo.

Umuyobozi muri AIMS- Rwanda ushinzwe ishami ryitwa AIMS Industry Initiative rishinzwe gufasha abarangije muri Kaminuza kujya ku isoko ry’umurimo witwa Dr. Charles Lebon Mberi Kimpolo avuga ko intego yo gushyiriraho abantu aho gukorera iriya mishinga ari uburyo kubaha aho bakunguranira ubumenyi.

Ati: “ Muri Kaminuza aho ari aho hose ku isi haba ari ahantu ho gukorera ubushakashatsi no guhanga udushya. Incubation Eureka Mu Rugo yagenewe guhurirwamo n’abantu bagatekereza kandi bagakora imishinga iremereye izagirira u Rwanda akamaro”.

Dr. Charles Lebon Mberi Kimpolo.

Kuri we, hariya hantu hazafasha abazagana kubona ahantu heza ho guhangira udushya.

Avuga ko haje hunganira muri Norresken, iki kikaba ikigo gikorera mu Mujyi  hafi y’aho CHUK yubatse gishobora kwakira abantu  benshi bafite imishinga migari bakabona aho bigira uko yakwagurwa mu buryo bwose.

Abantu bose bize muri iriya Kaminuza cyangwa abandi babishaka bemerewe kujya gukorera imishinga yabo muri AIMS Incubation Eureka Mu Rugo.

Jeannette Musabyimana ni umwe mu bakoze imishinga izifashisha ubwenge buhangano mu gukemura kimwe mu bibazo yabonye biri mu burezi bw’u Rwanda.

We na mugenzi we bakoze icyo bise ‘Gira Ubumenyi AI”, ikaba gahunda ikoresha ubwenge buhangano mu gufasha abana kumva neza ibyo abarimu babigisha.

Avuga ko ubwinshi bw’abanyeshuri mu ishuri rimwe butuma hari abadakurura neza ibyo mwarimu yabigishije.

Kutumva neza mwarimu bituma hari bamwe kiwga birambira bakarivamo, abandi bagasibira bya hato na hato.

Ati: “ Twakoze ikoranabuhanga rifata amasomo abarimu batanze mu ndimi z’amahanga(Icyongereza) rikayahindura mu Kinyarwanda bikorohera abana kubyumva. Rifata amagambo akomeye yo mu Cyongereza rikayashyira mu Kinyarwanda abana bakabyumva bitabagoye”.

Abenshi mu banyeshuri biga amashuri abanza ni abo mu cyaro.

Kubera iyo mpamvu, bagorwa no kumenya no kumva neza indimi z’amahanga nk’uko bimeze kuri bagenzi babo bo mu Mijyi (cyane cyane uwa Kigali) aho abenshi mu babyeyi baba bazi izo ndimi bikorohera n’abana babo kuzimenya kare.

Musabyimana avuga ko icyo bifuza gufashwa ngo umushinga wabo ugere kuri benshi ari ukuwumva no kumva akamaro ufitiye benshi.

Icyakora ngo n’ibitekerezo birakenewe ngo ibintu birusheho kunozwa.

Prof Sam Yala uyobora Ikigo AIMS-Rwanda avuga ko gushyiraho ahantu nka hariya biri mu ntego zagutse z’iki kigo zo gufasha abantu kwagura ubuhanga bwabo no kububyaza imishinga itanga ibisubizo ku gihugu.

Prof Sam Yala uyobora AIMS Rwanda.

Yavuze ko AIMS Incubation Eureka Mu Rugo ifunguye ku bafite ibitekerezo babona ko byabyara ibisubizo ku bibazo by’Abanyarwanda.

TAGGED:AbahangaIkigoImibareImishingaSamUbwenge BuhanganoUdushyaYala
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ihungabana Rishingiye Kuri Jenoside Riracyakomeye
Next Article Amerika Yijeje DRC Umutekano Nayo Ikayiha Amabuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?