Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Ufite Ubumuga Yafatanywe N’Abandi Bibaga Telefoni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Ufite Ubumuga Yafatanywe N’Abandi Bibaga Telefoni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 July 2023 6:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha bw’u Rwanda bwerekanye abantu barindwi bafashwe bakurikiranyweho kwiba abantu telefoni zabo.

Barimo abamotari babiri, ukora ku iposita, ufite ubumuga n’abandi.

RIB yavuze ko abamotari bakoraga mu ijoro bagashikuza abantu telefoni bari kuzivugiraho.

Ibikoresho by’ikoranabuhanga bari baribwe

Abandi bafashwe bo bazaga mu iduka bagacunga umucuruzi aje kumva icyo bashaka, barangiza bakamutuma ikintu kiri kure yajyayo bagahita batora telefoni aho yari ayirambitse bakiruka.

Umwe  mu baturage bibwe witwa Havugimana Narcisse avuga ko abakozi b’ubugenzacyaha bamuhamagaye bamubwira ko agomba kuza gutwara telefoni yari yaribwe.

Ati: “ Ndashima ubugenzacyaha kuko bwaramfashije cyane. Bantwaye tablet bayikuye mu modoka.”

Yavuze ko yari yafunze imodoka ye neza ariko agarutse asanga imodoka ye yafunguwe bamutwara icyo gikoresho.

Ngo banamutwaye amafaranga macye basanze mo.

Avuga ko yahise ajya kuregera ubugenzacyaha butangira gushakisha.

Undi witwa Uwimana we avuga ko bamwibye telefoni igendanwa. Avuga ko bayimbwiye muri Nyabugogo ari kwinjira mu modoka.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Thierry B. Murangira avuga ko abakora ubujura bashatse babireka kuko inzego zizabashaka zikabafata.

Dr. Murangira yasabye abakora ubujura kubureka ariko abaturage nabo bakirinda kwandarika iby’agaciro

Asaba abantu kutajya bashyira telefoni ahandi hakorohereza abajura kuzitwara.

Yaburiye abamotari bashikuza abantu telefoni ko bagombya kureka ubujura bushikuza.

Dr. Murangira avuga ko umugenzi yagombye kujya yishyura akoresheje telefoni ariko yitaruye gato umumotari.

Ku byerekeye ufite ubumuga, Murangira avuga ko uriya muntu yagendaga agasaba umuntu agatebe ngo yicare, bakamugirira impuhwe.

Uwo mugabo witwa Cyriaque ngo yagendaga agasaba umucuruzi agatebe, akicara hafi ya comptoire hanyuma akabwira umucuruzi ngo ajye kumuzanira ikintu kiri kure, undi yajyayo uwo muntu agakurura telefoni n’amafaranga ubundi akigendera.

Abagenzacyaha bamufatanye telefoni eshanu na Frw 190,000.

Ikindi ngo hari amafaranga y’abandi yagerageje kubikuza ariko biranga. Yabikoreraga kuri telefoni z’abantu.

Ni amafaranga arenga Miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda.

Ikindi kandi ngo ni uko yajyaga kuzigurisha ahitwa ku Iposita.

Cyriaque kandi yari afite umu agent we yabikurizagaho.

Abagenzacyaha kandi basanze yari amaze igihe gito afunguwe nyuma y’icyaha gisa na kiriya akurikiranyweho.

Dr. Murangira yasabye abamotari kwirinda kubera abandi ikinegu ngo babasige izina ribi.

Ubugenzacyaha busaba abaturage kuba maso ariko nanone abakora ubujura bakabireka kuko bihanwa n’amategeko.

Basubijwe ibyo bibwe, bashima ubugenzacyaha bwabigaruje
TAGGED:AbajurafeaturedMurangiraRIBtelefoniUbumugaUbushinjacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ukraine Yakiriye Ibisasu Yari Yarifuje Kuva Kera
Next Article RDF Irashaka Kongera Umubare W’Abagore Bayijyamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?