Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali Yabonetsemo Abantu 2200 Basanzwemo COVID-19 Mu Munsi Umwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kigali Yabonetsemo Abantu 2200 Basanzwemo COVID-19 Mu Munsi Umwe

admin
Last updated: 19 July 2021 1:07 am
admin
Share
SHARE

Ibipimo bya Minisiteri y’Ubuzima byagaragaje ko Umujyi wa Kigali ukomeje kwibasirwa n’icyorezo cya COVID-19, nyuma y’uko ibyafashwe kuri iki Cyumweru bigaragaje abantu 2225 bashya banduye.

Bivuze ko abarwayi bashya babonetse muri Kigali bihariye 80.24% by’ababonetse mu gihugu hose, kuko bari 2773.

Uyu wari umunsi wa kabiri hapimwa abantu benshi nk’imwe mu ngamba zashyizweho zo kugenzura imiterere y’icyorezo cya COVID-19 mu gihugu, mu gihe abaturage bo mu Mujyi wa Kigali n’uturere umunani bari muri guma mu rugo y’iminsi 10.

Minisiteri y’Ubuzima yihaye intego yo gupima nibura 15% by’abaturage ba buri Kagali. Ingo zabo zatoranyijwe n’inzego z’ibanze, zikaba zimenyeshwa zikajya kwipimisha.

Nubwo umubare w’ubwandu bushya bwabonetse uri hejuru, ntabwo ukanganye ugereranyije n’ibipimo 73,608 byafashwe mu munsi umwe. Ni byo byinshi bifashwe mu munsi umwe kuva COVID-19 yagera mu Rwanda.

Bivuze ko ijanisha ry’abanduye ugereranyije n’abapimwe ari 3.7%.

Abapimwa muri buri rugo ni umuntu wese ufite imyaka 15 y’amavuko.

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije aheruka kuvuga ko muri iyi minsi 10 hazakusanywa amakuru menshi kuri iki cyorezo mu gihugu, azashingirwaho ku zindi ngamba zizafatwa.

Ati “Tuzongera dusuzume abantu ku munsi wa 9 n’uwa 10, tumenye tuti ’dore ikivuyemo’, ndetse murabizi ko ibyemezo guverinoma ibifata ishingiye ku makuru aba ahari kandi twese tuba tubona.”

Kugeza ubu abamaze kwandura bose hamwe ni 57,322, mu gihe 69% bamaze gukira, bivuze ko abakirwaye ari 16,632. Kuri iki Cyumweru hakize abantu 1855.

Uretse abantu basanzwemo COVID-19 kuri iki Cyumweru, hapfuye abantu 11 bituma abamaze guhitanwa n’iki cyorezo baba 649.

Uretse Kigali, ahandi habonetse ubwandu bwinshi ni Musanze (47), Burera (44) na Kamonyi (42). Uturere tutabonetsemo ubwandu ni Gisagara, Nyaruguru na Bugesera.

 

Harimo kwifashishwa ibipimo bitanga igisubizo cya COVID-19 mu gihe gito gishoboka

 

Hafashwe ibipimo byinshi kurusha undi munsi kuva COVID-19 yagera mu Rwanda

 

 

TAGGED:COVID-19featuredGuma mu Rugo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article General Ndima Uyobora Kivu y’Amajyaruguru Yimuriye Icyicaro i Beni
Next Article Abantu Hafi 1200 Bahamijwe Ibyaha Bimunga Ubukungu Mu Myaka Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?