Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirazira Kunywera Inzoga Muri Butiki- Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kirazira Kunywera Inzoga Muri Butiki- Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2023 5:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
ACP Boniface Rutikanga
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police( ACP) Boniface Rutikanga asaba abafite butiki kuzibukira kuhahera abakiliya inzoga ngo bazinyweremo kuko bitemewe.

Avuga ko icyo babujijwe ari guha abantu intebe bakicara bakahanywera inzoga, ariko ko gucuruza inzoga ubwabyo bitabujijwe.

ACP Rutikanga avuga ko akabari kagira ibikaranga, kakagira abarinzi, imisoro yako, ubwiherero, aho abantu bisanzurira n’ibindi.

Ibi kandi ngo ntibiba muri Butiki bityo ngo Polisi n’ubuyobozi bw’ibanze ntibashaka ko butiki ikora nk’akabari kubera ko iyo ikoze nk’akabari bituma abantu bituma ku muhanda cyangwa mu nkike z’akabari hakaba hahinduka umunuko.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda asaba abaturage kumva ko inzoga zifite aho zimerewe gufatirwa, hakaba n’aho bitemewe bitewe n’ibyo hagenewe.

Ati: “Ubundi butiki n’ahantu umuntu ahahira ibintu runaka akabijyana iwe; ntabwo ari ahantu ho kunywera inzoga. Akabari nako kagira ibyako bikaranga birimo aho abantu biherera, aho babyinira, aho bisanzurira n’ibindi bikaranga birimo n’imisoro yako yihariye.”

Asaba abaturage kumva ko Polisi itaje kubuza abacuruzi gucuruza inzoga, ahubwo ko intego ari ugutuma akabari gakorerwamo icyo kagenewe kandi na butiki bikaba uko.

Yunzemo ko abadakurikiza aya mabwiriza Polisi ibashyikiriza inzego z’ibanze zikaba ari zo zibahana hakurikijwe amabwiriza.

Uwo isanze ari kunywera muri butiki imusaba gusohoka, hanyuma ibireba ubuyobozi bw’ibanze bigakorwa.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko imaze gufata abantu benshi barenze kuri aya mabwiriza kandi ngo ni igikorwa gikomeje hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bityo ko abafite butiki bagombye kumvira iyo nama.

TAGGED:AkabariAmabwirizafeaturedInzogaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Irushanwa Nyafurika Ry’Abagore Muri Basket Riragarutse
Next Article Ingabo Za Israel Zabwiwe Ko Igihe Cyose ZATERA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?