Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirazira Kunywera Inzoga Muri Butiki- Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kirazira Kunywera Inzoga Muri Butiki- Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2023 5:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
ACP Boniface Rutikanga
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police( ACP) Boniface Rutikanga asaba abafite butiki kuzibukira kuhahera abakiliya inzoga ngo bazinyweremo kuko bitemewe.

Avuga ko icyo babujijwe ari guha abantu intebe bakicara bakahanywera inzoga, ariko ko gucuruza inzoga ubwabyo bitabujijwe.

ACP Rutikanga avuga ko akabari kagira ibikaranga, kakagira abarinzi, imisoro yako, ubwiherero, aho abantu bisanzurira n’ibindi.

Ibi kandi ngo ntibiba muri Butiki bityo ngo Polisi n’ubuyobozi bw’ibanze ntibashaka ko butiki ikora nk’akabari kubera ko iyo ikoze nk’akabari bituma abantu bituma ku muhanda cyangwa mu nkike z’akabari hakaba hahinduka umunuko.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda asaba abaturage kumva ko inzoga zifite aho zimerewe gufatirwa, hakaba n’aho bitemewe bitewe n’ibyo hagenewe.

Ati: “Ubundi butiki n’ahantu umuntu ahahira ibintu runaka akabijyana iwe; ntabwo ari ahantu ho kunywera inzoga. Akabari nako kagira ibyako bikaranga birimo aho abantu biherera, aho babyinira, aho bisanzurira n’ibindi bikaranga birimo n’imisoro yako yihariye.”

Asaba abaturage kumva ko Polisi itaje kubuza abacuruzi gucuruza inzoga, ahubwo ko intego ari ugutuma akabari gakorerwamo icyo kagenewe kandi na butiki bikaba uko.

Yunzemo ko abadakurikiza aya mabwiriza Polisi ibashyikiriza inzego z’ibanze zikaba ari zo zibahana hakurikijwe amabwiriza.

Uwo isanze ari kunywera muri butiki imusaba gusohoka, hanyuma ibireba ubuyobozi bw’ibanze bigakorwa.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko imaze gufata abantu benshi barenze kuri aya mabwiriza kandi ngo ni igikorwa gikomeje hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bityo ko abafite butiki bagombye kumvira iyo nama.

TAGGED:AkabariAmabwirizafeaturedInzogaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Irushanwa Nyafurika Ry’Abagore Muri Basket Riragarutse
Next Article Ingabo Za Israel Zabwiwe Ko Igihe Cyose ZATERA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?