Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kiyovu Sports FC Yabonye Umufatanyabikorwa Mu Iterambere Ry’Umupira Mu Bana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kiyovu Sports FC Yabonye Umufatanyabikorwa Mu Iterambere Ry’Umupira Mu Bana

admin
Last updated: 05 March 2021 8:26 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports FC n’umuryango udaharanira inyungu Lawyers of Hope (LOH) basinye amasezerano y’imikoranire agamije kuzamura impano y’umupira w’amaguru mu bana bato.

Ayo masezerano y’imikoranire yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatanu na Perezida wa Kiyovu Sports FC Juvenal Mvukiyehe na Jean Claude Rudacogora wari uhagarariye Lawyers of Hope.

Ayo masezerano azamara imyaka 10, ariko impande zombi zizajya zihura buri myaka ibiri zigirane ibiganiro, hagamijwe kureba uko ayo masezerano ari gushyirwa mu bikorwa no kureba niba hari icyavugururwa.

Ayo masezerano kandi azatuma bamwe mu bana bafite impano babarizwa mu marerero y’umupira w’amaguru ya LOH bahabwa amahirwe yo gukina mu Ikipe ya Kiyovu Sports.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Lawyers of Hope ifite amarerero y’umupira w’amaguru arimo abana 500 bari mu byiciro bitandukanye kuva ku myaka 8 kugera kuri 20. Abo bana bari mu marerero y’i Kabuga, Ndera, Kimisagara (amakipe 2), Jabana, Karembure, Kagugu n’andi makipe abiri y’abakobwa.

Mvukiyehe yavuze ko aya masezerano yasinywe ari intambwe itewe muri gahunda nini Kiyovu Sports ifite yo kubaka iyi kipe ihereye mu kuzamura impano z’abakiri bato nk’uko byahoze mu myaka yashize.

Ati “Umwaka ushize twashoye amafaranga menshi mu kugura abakinnyi beza kugira ngo twubake ikipe nziza by’igihe gito. Ubu tugiye gushyira imbaraga mu marerero y’umupira w’amaguru kugira ngo tuzamure impano z’abana bityo twubake ikipe ikomeye by’igihe kirekire.”

Yongeyeho ko ubuyobozi bw’iyi kipe bufite gahunda yo gutangiza amarerero y’umupira w’amaguru hirya no hino mu gihugu.

Kiyovu Sports FC izaha amarerero y’umupira w’amaguru ya LOH ubufasha mu bya tekinike, ubutoza n’amahugurwa mu rwego rwo gukomeza kuzamura impano z’abana.

- Advertisement -

Ibi byose bizakorwa hubahirizwa uburenganzira n’amahame arengera abana n’amahame n’amategeko ya FERWAFA na FIFA mu rwego rwo kubaka indagagaciro z’umupira w’amaguru mu bana n’iterambere ryabo muri rusange.

Kiyovu Sports izajya itegura amarushanwa y’aba bana mu byiciro byose nibura inshuro eshatu mu mwaka. Izaha kandi aya marerero ibikoresho birimo imipira n’ibindi, ndetse izashyiraho n’umukozi uzakurikirana ibyo bikorwa.

TAGGED:Kiyovu Sports
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musenyeri Niyomwungere Yahishuye Uko Hanogejwe Umugambi Wo Kugeza Rusesabagina Mu Rwanda
Next Article Hari Umuyobozi Wa ADEPR Ukurikiranyweho Gukorana N’Umutwe W’Iterabwoba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Igiye Kongera Kumvana Imitsi Na APR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Atlético de Madrid Yinjiye Muri Visit Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

APR BBC , UGB Na Dolphin BBC Ya Uganda Yabonye Intsinzi Mu Mikino Yo Kwibuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?