Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kizz Daniel Wari Wafunzwe Yafunguwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Kizz Daniel Wari Wafunzwe Yafunguwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2022 3:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi ya Tanzania yaraye itaye muri yombi icyamamare Kizz Daniel nyuma y’uko yanze kuririmba kandi abamutumiye bari bamwishyuye. Hari amakuru avuga ko nyuma y’amasaha runaka, yaje gufungurwa.

Uyu muhanzi ukomoka muri Nigeria ubusanzwe yitwa Oluwatobiloba Daniel Anidugbe.

Mu mpera z’iki Cyumweru afite igitaramo mu Rwanda ariko ntituramenya niba kizaba.

The East African yanditse ko ku Cyumweru taliki 07, Kanama, 2022 Kizz Daniel yari buririmbe mu gitaramo cyari bubere Dar es Saalam.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yageze muri Tanzania mu bitaramo ari gukorera hirya no hino ku isi harimo no mu Bwongereza na Amerika aho yageze muri Tanzania akubutse.

Hari video yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana Kizz Daniel yurizwa imodoka ya Polisi, hari n’abanyamakuru bari gufata amashusho.

Artist Kizz Daniel arrested in Tanzania for not showing up to an event that he was duly paid for and tickets sold out. His action led to pandemonium where fans destroyed the venue of the show.

This is not the first time Kizz Daniel has acted this way.

pic.twitter.com/TcbejsV0Pq

— COMMON PERSON 🇬🇭🇧🇫🇨🇮🇹🇬 (@SmartAtuadi) August 8, 2022

The East African yanditse ko Kizz Daniel n’abandi bakorana burijwe za Pandagari  bafatiwe muri Hotel yitwa Johari Rotana bajyanwa kuri Station ya Polisi y’ahitwa Oysterbay.

Muri iyo video hari umuntu wabwiraga Kizz Daniel ati: “ Ejo sinari nabikubwiye? Nakwinginze amasaha abiri yose wanga kunyumva. Saba imbabazi Polisi rero!”

- Advertisement -

Kizz yagombaga kujya ku rubyiniro muri concert yiswe Summer Amplified ariko ntiyajyaho kandi yari yishyuwe.

Abafana be benshi bari baje kumureba batashye bijujuta, bivovota ngo ni umutekamutwe.

Kwinjira muri iriya concert byari bihenze kuko bari hagati ya $21.6 na $8,650.

Icyakora hari amashusho yatambutse kuri Instagram y’urubuga Bongofive arimo amajwi avuga ko uriya muhanzi yaje kurekurwa.

Mu gutaha yatahanye n’umuhanzi wo muri Tanzania witwa Harmonize wari waje kumwakira agifungurwa.

View this post on Instagram

A post shared by bongo5.com (@bongofive)

Ategerejwe mu Rwanda…

MTN iherutse gusinya amasezerano ayiha uburenganzira bwo kuba umuterankunga mukuru w’iserukiramuco ryiswe ATHF Festival 2022 byitezwe ko rizaririmbwamo n’umuhanzi Kizz Daniel.

Kizz yamenyekanye cyane mu ndirimbo ebyiri ari zo “Woju” na “Yeba”. Ariko ubu yaciye ibintu mu ndirimbo yitwa Buga.

Amakuru dufite avuga ko MTN Rwanda yashyize amafaranga menshi muri iri serukiramuco rizamara iminsi ibiri, ni ukuvuga guhera Taliki 12 kugeza Taliki 13, Kanama, 2022, rikazabera Rebero mu kibuga gikikije ahitwa Canal Olympia.

Hafite ubushobozi bwo kwakira abantu barenga 3,000.

Umugabo witwa  Simon Iyarwema uri mu itsinda riri gutegura ririya serukiramuco, aherutse kubwira  Taarifa ko biteze ko rizaba uburyo bwiza bwo guhuza abahanzi bo mu Rwanda n’abandi bo muri Afurika bagasangizanya ubunararibonye.

Iri serukiramuco rya Kizz Daniel niriramuka ribaye ngo rizaba uburyo bwo kongera gukundisha abantu ibyiza byo guhura bakabyina kugeza bucyeye.

Mu Banyarwanda bamaze kumenyekana mu muziki abo byitezwe ko bazaboneka muri ririya serukiramuco ni Bruce Melodie, Ariel Wayz, Ish Kevin na Niyo Bosco.

TAGGED:DanielfeaturedIgitaramoKizzPolisiRwandaTanzaniaUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Donald Trump Yasatswe Na FBI, Hari Inyandiko Za Leta Akekwaho Gutunga
Next Article Nyuma Y’Umusore Wiciye Ababyeyi Be i Nyamasheke, Undi Yashatse Gusambanya Nyina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?