Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Korea Y’Epfo: Indege Yakoze Impanuka Igahitana 179 Nta Kibazo Yari Ifite 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Korea Y’Epfo: Indege Yakoze Impanuka Igahitana 179 Nta Kibazo Yari Ifite 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2024 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakora iperereza basanze ibisubizo by’ibanze bigaragaza ko indege yo mu bwoko bwa Boeing iherutse gukora impanuka igahitana abantu 179 nta kibazo yari ifite mbere yo kuguruka.

Mu minsi mike ishize i Seoul muri Korea y’Epfo habereye impanuka bivugwa ko ari yo ya mbere ikomeye ikozwe n’indege ikica abantu benshi muri kiriya gihugu.

Yari irimo abantu barimo n’abari bavuye i Bangkok muri Thailand gusangira Noheli na benewabo cyangwa inshuti zabo.

Indege yakoze iyo mpanuka ni iy’ikigo Jeju Air.

Umuyobozi w’iki kigo witwa Kim Yi-bae yagize ati: ” Twasanze nta kibazo kidasanzwe ibyuma bituma indege igwa byari bifite mbere y’uko iguruka”.

Yabibwiye abanyamakuru bari baje mu kiganiro cyabereye i Seoul ngo abagezeho aho ubushakashatsi kucyateye iyi mpanuka bugeze.

Iyo ndege yahuye n’ikibazo cyatumye amapine ayifasha kugwa adakora hasi, bituma ikuba inda hasi igonga urukuta iraturika, umuriro uraka.

Abantu babiri mu bantu 181 nibo bayirokotse abandi 179 barahagwa.

Bamwe bakeka ko yaba yaratewe n’igisiga cyayiguye mu mapine, abandi bakavuga ko byaba byaratewe n’ikirere kibi, ariko byose biracyari mu iperereza.

Abafite ababo yahitanye bamaze iminsi barara ku kibuga cy’indege cya Muan aho iyo mpanuka yabereye basaba ko iperereza kucyayiteye cyamenyekana vuba bagahabwa impozamarira.

Iyi mpanuka yabaye ku Cyumweru Tariki 29, Ukuboza, ikaba yarakozwe n’indege ya rutura yo mu bwoko bwa Boeing 737-800.

BBC yanditse ko kugeza ubu ibice by’imibiri y’abari bayirimo bicye ari byo byashoboye gushyikirizwa abantu bamenye ababo bayiguyemo.

Ikoranabuhanga riri kwifashishwa ngo hamenyekane abandi bayiguyemo kuko bahiye.

TAGGED:AbagenzifeaturedGushyaImpanukaIndegeIperereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Alyn Sano Azasohora Alubumu Mu Mwaka Wa 2025
Next Article Côte d’Ivoire Nayo Yirukanye Ingabo Z’Ubufaransa Ku Butaka Bwayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?