Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Koreya Y’Epfo Irigamba Guhanura Indege Z’Iya Ruguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Koreya Y’Epfo Irigamba Guhanura Indege Z’Iya Ruguru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2022 2:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Cable News Network( CNN) yatangaje ko Koreya y’Epfo yatangaje ko yahanuye indege 80 za Koreya ya Ruguru. Ngo izo ndege zari ziri mu zindi nyinshi zarenze umurongo w’ikirere kigabanya ibihugu byombi. Ni igikorwa kibaye mu gihe muri Aziya hasanzwe umwuka w’intambara hagati y’u Bushinwa na Taiwan.

Ubwo kandi niko hari n’indi ntambara iri guca ibintu hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Ni intambara yatangiye muri Gashyantare, 2022 kugeza n’ubu ikibica bigacika.

Itangazo ryavuye muri Minisiteri y’ingabo ya Koreya y’Epfo rivuga ko muri rusange indege 180 za Koreya ya Ruguru ari zo zarenze umupaka ugabanya ikirere cy’ibihugu byombi zigera mu kirere cya Seoul.

Ngo hari hagati ya saa tanu na saa cyenda by’’ijoro ryacyeye.

Bibaye kandi hashize igihe gito ubutegetsi bw’i Pyongyang bwari buherutse kugerageza igisasu cyitwa intercontinental ballistic missile (ICBM) ariko kirapfuba.

Umujinya wa Koreya ya Ruguru wazamuwe n’imyitozo ya gisirikare iherutse gukorwa hagati y’iingabo za Koreya y’Epfo zifatanyije n’iza Amerika.

Ni imyitozo yahuje ingabo z’ibihugu byombi zirwanira mu kirere zibarirwa mu bihumbi byinshi.

Umujinya wa Koreya ya Ruguru watumye ihita irasa missiles 23 mu munsi umwe.

Nibwo bwa mbere yari irashe ibisasu byinshi bene ako kageni.

Nyuma yo kurasa izo ndege, ingabo za Koreya y’Epfo zakomeje kuba maso ngo zirinde ubusugire bw’igihugu cyazo.

Hagati aho, mu Muryango w’Abibumbye hateganyijwe kuza guterana inama idasanzwe y’Akanama k’uyu muryango gashinzwe amahoro ku isi ngo abakagize bigire hamwe uko ikibazo cya Koreya ya ruguru cyakurikiranirwa hafi.

Mu kiganiro Ambasaderi w’Amerika  mu Muryango w’Abibumbye witwa Linda Thomas-Greenfield aherutse guha CNN yamaganye ibikorwa bya Koreya ya ruguru, avuga ko bigaragaza kudashyira mu gaciro.

TAGGED:AmerikafeaturedIngaboKoreya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ashima Ababyeyi Bohereza Abana Babo Mu Ngabo Z’u Rwanda
Next Article Perezida Kagame Yibukije RDF Kwirinda Ibiyobyabwenge N’isindwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?