Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Isi Abantu Miliyoni 296 Bakoresha Ibiyobyabwenge- Raporo Ya UN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ku Isi Abantu Miliyoni 296 Bakoresha Ibiyobyabwenge- Raporo Ya UN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 June 2023 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Raporo y’Umuryango w’abibumbye ivuga ko mu myaka icumi yakorewemo ubushakashatsi, ibisubizo byarekanye ko guhera mu mwaka wa 2011 kugeza mu mwaka wa 2021 umubare w’abakoresha ibiyobyabwenge wavuye ku bantu miliyoni 240 ugera ku bantu miliyoni 296.

Bingana n’inyongera ya 23% mu gihe cy’imyaka 10.

Iyi mibare yatangajwe n’ishami rya UN rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryitwa UN Office on Drugs and Crime (UNODC).

Ku rundi ruhande, imibare y’iri shami  ivuga ko abantu bazahajwe n’ingaruka zo gukoresha ibiyobyabwenge, biyongereye cyane muri iyo myaka icumi kuko 45% by’abanyoye biriya biyobyabwenge byababase, ubu bakaba bari ‘hagati y’urupfu n’umupfumu’.

Hagati y’umwaka wa 2011 n’umwaka wa 2021, ababaswe n’ibiyobyabwenge biyongereyeho 39.5%.

Ikiyobyabwenge abantu bitabiriye kurusha ibindi ni ikitwa cocaine.

UN ivuga ko abacuruza n’abanywa cocaine biyongereye hirya no hino ku isi ndetse ngo no mu bice itavugwagamo cyane.

Iriya raporo iti: “ N’ubwo muri rusange Amerika y’epfo n’Uburayi bw’Uburengerazuba n’ubwo hagati ari ho iki kiyobyabwenge kibasiye, hari n’ahandi kiri kwagukira harimo muri Australia. Hejuru yabyo kandi hiyongeraho ko no muri Aziya byahageze hatibagiranye no muri Afurika”.

Raporo ya UN kandi ivuga ko ikindi kiyobyabwenge kiri kubica bigacika, ari methamphetamine.

Mu mpine bakita ‘Meth’.

Nyuma y’imyaka ibiri umuntu anywa meth isura ye irahindana

Inyinshi yafatiwe muri Aziya y’Uburasirazuba, iy’Amajyepfo ashyira Uburasirazuba n’Amerika y’Amajyaruguru.

Abahanga ba UN bakoze iriya raporo, basanze 80% by’igihingwa bita opium gikorwamo ikiyobyabwenge cya heroine gihingwa kandi kigatunganyirizwa muri Afghanistan.

Abahanga bavuga ko ikindi kintu giteye inkeke muri iki gihe ari uko intambara yo muri Ukraine izaha icyuho abacuruza ibiyobyabwenge bakabona uko babikwiza hirya no hino mu bihugu iherereyemo.

Ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge akenshi bugendana n’ubw’abantu n’intwaro.

TAGGED:AbahangaAbibumbyeAziyaCocainefeaturedIbiyobyabwengeUmuryangoUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rutsiro: Ambulance Yagonze Ibitaro
Next Article BioNTech, Africa Improved Foods, Duval…Imishinga Y’Abanyaburayi Yagiriye u Rwanda Akamaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Taylor Swift Yemeye Kurushinga

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbukungu

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?