Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Isi Hamaze Kuba Imyuzure 8 Ikomeye Mu Minsi 11
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ku Isi Hamaze Kuba Imyuzure 8 Ikomeye Mu Minsi 11

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2023 8:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Libya, Ubugereki, Espagne, Ubushinwa, Hong Kong n’Amerika y’Amajyepfo ni ibice bitandukanye by’isi biherutse kwibasirwa n’imyuzure yishe ibihumbi n’ibihumbi by’abantu.

Nk’ubu hari ubwoba ko abantu barenga 10,000 bishwe n’umwuzure watewe n’imvura yazanywe n’inkubi ikomeye iherutse kwibasira Libya.

Iyi nkubi abahanga bayise ‘Daniel’.

Ni ubwa mbere mu mateka imyuzure ingana kuriya ibereye hafi icyarimwe mu bice bitandukanye by’isi nk’uko umuhanga mu by’ubumenyi bw’ikirere witwa Andrew Hoell abivuga.

Asanzwe ari umushakashatsi mu kigo kitwa National Oceanic and Atmospheric Administration’s Physical Sciences Laboratory.

Andrew avuga ko byari bimenyerewe ko imyuzure iba mu gice runaka kihariye, ikahaba ari myinshi ariko ngo ni ubwa mbere bibereye icyarimwe ku rwego rw’imigabane ine y’isi.

Ni ikindi avuga ko cyerekana ko abavuga ko imikorere karemano y’ibigize ikirere yahindutse, baba badaca umugani ku manywa.

Inkubi zikomeye ziri kuvuka hirya no hino ku isi, zizana n’ibicu byifitemo amazi menshi bigatera imvura iremereye nayo igaha imbaraga imyuzure.

Abashakashatsi bazi ko guhera mu mwaka wa 1901, igipimo cy’imyuzure cyiyongereyeho 0.4 buri myaka 10.

Ni ibitangazwa n’ikigo kitwa Environmental Protection Agency.

Muri ya myuzure umunani ikomeye yabaye mu minsi 11 ishize, buri umwe muri yo ufite ibyawuteye byihariye.

Nk’ubu inkubi yiswe ‘Daniel’ niyo yateje akaga abaturage ba Libya n’abaturage b’Ubugereki.

Indi yiswe Haikui niyo yazaniye akaga abatuye Hong Kong n’abo mu Majyepfo y’Ubushinwa.

Imvura yakurikiye iyi nkubi yateje imyuzure ikomeye ndetse n’inkangu zigera mu ijana zibasira biriya bice by’Aziya.

Hagati aho kandi imvura nyinshi yatumye ibice bya Espagne, Amajyaruguru ya Turikiya ndetse no muri Brazil bahura n’imyuzure yangije byinshi.

Muri Leta zunze ubumwe z’Amerika naho haherutse kwibasirwa n’inkuba zibasiye Leta ya Nevada, bituma hari ibice byayo bibura amashanyarazi.

Imyuzure ni ikibazo ku buzima n’ubukungu by’abantu.

Uretse kuba yica abantu, yangiza ubuso bunini bw’imyaka, amazi yayo akaba yateza indwara iyo atinze gukama kandi yangiza imiyoboro isanzwe itanga amazi meza bityo akabura.

N’ubwo indi myuzure yabaye ahantu twavuze haruguru nayo yangije byinshi, wa muhanga witwa Andrew Hoell yabwiye NBC ko uwo muri Libya ari wo uteje akaga kurushaho.

TAGGED:AbahangaAmazifeaturedImvuraImyuzureLibya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB, Polisi, UNICEF…Mu Bufatanye Bwo Guca Ihohoterwa
Next Article Uganda: Inkongi Yibasiye Imwe Mu Nyubako Zo Ku Kibuga Cya Entebbe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?