Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Mubano W’u Rwanda Na DRC, Tshisekedi ati: “Ndifuza Ko Tugaruka Aho Twari Turi Mbere’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ku Mubano W’u Rwanda Na DRC, Tshisekedi ati: “Ndifuza Ko Tugaruka Aho Twari Turi Mbere’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2022 1:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi ni imwe mu nteruro zigize ijambo Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi , yagejeje kuri bagenzi be bitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika yo hagati, CEEAC, yabaye Taliki 25 Nyakanga, 2022 ibera  i Kinshasa.

Ni inama ya 26 yateranye mu gihe nta gihe kinini gishize u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo birabana igitsure hagati yabyo.

Mu kiganiro Tshisekedi yigeze guha The Financial Times yavuze ko igihugu cye gishobora no kwinjira mu ntambara n’u Rwanda, kuko ngo DRC atari insina ngufi.

Mu kiganiro yagejeje kuri bagenzi be, yavuze ko iby’iki kibazo yabikurikiranye ariko ko ntarirenga ngo umubano hagati ya Kigali na Kinshasa ‘wongere’ ube mwiza.

Ati:“Ubwumvikane buke hagati ya RDC n’u Rwanda ni ibintu nakurikiranye ubwanjye kandi ndifuza ko tugaruka aho twari turi mbere. Hari ubushake.”

Hashize iminsi hari inama zibera muri Angola zigamije kureba uko ibibazo byatumye umwuka mubi wongera kumvikana hagati y’u Rwanda na DRC byakemuka.

Bimwe muri byo ni imitwe yitwaje intwaro ihungabanya ibi bihugu, kimwe kigashinja ikindi gushyigikira uwo mutwe.

Hari imitwe y’iterabwoba ituma abaturage batagoheka, bagahorana ubwoba ko budacya bagihumeka n’ibindi.

N’ubwo bisa n’aho umwuka mubi hagati ya Kigali na Kinshasa uri gucururuka kubera ubuhuza bwakozwe na Angola, ku rundi ruhande abaturage bariye karungu ngo ntibashaka abasirikare ba UN bo muri MONUSCO.

Guhera kuri uyu wa Mbere bari mu myigaragamyo ikomeye k’uburyo hari amakuru yatangajwe kuri uyu wa Kabiri ko abantu batanu bamaze kuyigwamo.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga  y’u Rwanda  yigeze gutangaza ko u Rwanda narwo rudashaka na gato intambara na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Minisitiri Dr Biruta avuga ko u Rwanda rudashaka intambara n’abaturanyi

Dr Vincent Biruta icyo gihe yabwiye France 24 ko n’ubwo ubushotoranyi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bugaragara kandi bukomeye[niko ibintu byavugwaga icyo gihe], icy’ingenzi ari uko u Rwanda rwifata ntirujye mu ntambara.

Yabajijwe niba kuba hari umusirikare wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo wari warasiwe mu Rwanda ubwo yarasaga abapolisi b’u Rwanda, bitafatwa nk’aho ari ikimenyetso kiganisha ku ntambara yeruye, Minisitiri Biruta yavuze ko ibyo umusirikare wa DRC yakoze ari igikorwa cyari cyateguwe kandi umuntu atafata nk’aho gisanzwe.

Gusa yirinze kuvuga ko ari abayobozi b’uriya musirikare bamutumye, ahubwo abiharira itsinda ryashinzwe kugenzura icyari kibyihishe inyuma.

Yanashimangiye ko u Rwanda rutari buhagarike umubano warwo na DRC

Biruta ati: “ Twe nk’u Rwanda icyo duhagazeho ni ugushaka umuti mu buryo bw’amahoro atanzwe n’ibiganiro. Erega hari n’uburyo bwashyizweho n’Akarere bwo gucyemura iki kibazo cy’umutekano mucye!”

TAGGED:BirutaDRCfeaturedM23RwandaTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Madederi Wo Muri Papa Sava Yashinze Ikigo Cy’Ubwubatsi
Next Article Inzovu 50 Zatorotse Zijya Mu Mirima Y’Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?