Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo II Ntibikirangiye Mu Mwaka Wa 2026
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo II Ntibikirangiye Mu Mwaka Wa 2026

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2024 8:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abubaka urugomero rwa Nyabarongo II ruri kubakwa aho uru ruzi rukora ku Karere ka Rulindo babwiye abayobozi ba Minisiteri y’ibikorwaremezo ko kubera impumvu runaka kurwuzuza bizaba mu mwaka wa 2027 aho kuba muwa 2026.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo Olivier Kabera, yasuye urugomero rw’amashanyarazi rurimo kubakwa rwa Nyabarongo II asaba ko imirimo yo kurwubaka yihutishwa rukaba rwuzuye bitarenze mu ntangiriro z’umwaka wa 2027.

Uyu munyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ari kumwe n’umuyobozi mukuru wa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), Armand Zingiro basuye uyu mushinga ngo barebe aho ugeze.

Urugomero rwa Nyabarongo II ruri kubakwa n’ikigo cy’Abashinwa kitwa Sino Hydro-Corporation Ltd.

Abo muri iki kigo bavuga ko cyari cyihaye intego yo kurangiza kubaka ruriya rugomero mu mpera za 2026 ariko ngo barasuzuma bagasanga bitazashoboka!

Babwiye abayobozi muri Minisiteri y’ibikorwaremezo ko bashyize mu gaciro basanga kurwubaka bizarangira mu mwaka wa 2027.

Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri witwa  Kabera Olivier  yababwiye ko niba kurwuzuza mu mpera za 2026 bidashoboka, bakwiye kuba barwujuje mu ntangiriro za 2027.

Kabera yasabye ubuyobozi bwa REG gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imirimo yo kubaka urwo rugomero kandi ibikubiye mu masezerano yo kurwubaka bikubahirizwa n’inzego zose bireba.

Ikindi yasabye ni uko hakwiye gushyirwaho uburyo bwo korohereza gutumiza mu mahanga no kwakira ibikoresho byo kubaka urwo rugomero, hakirindwa ko ibikoresho byo kurwubaka bitinda kuri za gasutamo no muri MAGERWA( Magasins Généraux du Rwanda).

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo asanga binakwiye ko Abanyarwanda bigishwa uko ingomero zubakwa n’uko zitabwaho kugira ngo bajye babyikorera aho kurambiriza ku banyamahanga ejo  baba bazisubirira iwabo.

Ubuyobozi bwa REG bwasabwe kujya bukora raporo zihuse kandi zitangiwe igihe kugira ngo hamenyekane aho imirimo yo kubaka ruriya rugomero igeze n’inzitizi zishobora kuyitinza.

Kabera Olivier hamwe n’umuyobozi mukuru wa REG, Armand Zingiro basuye n’ibindi bikorwa bishobora kuzagirwaho ingaruka n’uyu mushinga harimo umuhanda w’ibilometero bitandatu [6Km], n’ibiraro bibiri bya Rubagabaga na Satinskyi, basaba ko byose bigomba gukurikiranwa kugira ngo hatazagira ikibangamira ishyirwa mu bikorwa ry’uwo mushinga kugeza urangiye.

Kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo II byatangiye mu mwaka wa  2022.

Uru rugomero nirwuzura ruzaha u Rwanda amashanyarazi angana na Megawat 43.5.

TAGGED:AmashanyarazifeaturediIbikorwaremezoKaberaMinisiterNyabarongoREGUrugomero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amashyamba Ya Afurika Akomeje Kumagara
Next Article Umunyarwanda Yakoreye Impanuka Muri Uganda Aranafungwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?