Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Kudasoma Neza’ Ibyemezo By’Abaminisitiri Byatumye Umucuruzi W’I Remera Ahanwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Kudasoma Neza’ Ibyemezo By’Abaminisitiri Byatumye Umucuruzi W’I Remera Ahanwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2021 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru cyarangiye tariki 06, Kamena, 2021 hari umucuruzi wa serivisi za Sauna wo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo waketse ko  zakomerewe yakira abakiliya, Polisi iramufata arabihanirwa.

Uyu mugore witwa Grace yari yakiriye abantu umunani ngo bajye mu cyumba bagororeramo imitsi biyuka umwotsi( saune massage), abikora atabanje gusoma neza ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ngo abone ko bitakomorewe.

Ubwo yafatwaga yabwiye inzego z’ubuyobozi harimo na Polisi y’u Rwanda ko zaca inkoni izamba kuko yabikoze atabigambiriye ahubwo yaribeshye ko byaba byakomorewe mu byemezo bishya byatangajwe tariki 31, Gicurasi, 2021.

Ati: “Natekerezaga ko mu mabwiriza mashya aherutse gusohoka yo kurwanya COVID-19 bazifunguye, ndasaba imbabazi ngira inama na bagenzi banjye bakora ibinyuranyije n’amabwiriza yo kurwanya iki cyorezo ko babireka.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri ya tariki 31 Gicurasi ivuga ko Piscine (swimming pool) na spas(Sauna) zizakomeza gufunga.

Icyakora abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo muri hoteli bacumbitsemo, ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

Abafashwe bajyanwe kuri Stade Amahoro barigishwa, bipimisha COVID-19 ku kiguzi cyabo kandi banacibwa amande nk’uko amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 abiteganya.

Umuvugizi wungirije wa Polisi y’u Rwanda Chief Superintendent of Police (CSP) Africa Apollo Sendahangarwa yavuze ko kugira ngo bafate bariya baturage byatewe n’amakuru yaturutse mu baturage.

Ati “Twabonye amakuru mu masaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba(6h00pm) ko hari abantu bari gukora ibikorwa bitemewe mu nyubako ya Golden Palms SPA, Polisi ihita ijyayo isangamo abantu 08 na nyiraho bari mu cyumba cya Sauna Massage barenze ku mabwiriza yose ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19.”

- Advertisement -

CSP Afrika yibukije abaturarwanda ko kubahiriza amabwiriza ajyanye na COVID-19 ari ngombwa bakirinda kuyasuzugura kuko byaba intandaro yo kuba byasubiza abantu mu bihe bibi banyuzemo birimo na  ‘Guma mu Rugo.’

Aho batangira iriya serivisi
Haba hateguye neza ariko kugeza ubu izi serivisi ntizirakomorerwa
TAGGED:AbaminisitiriCOVID-19featuredPolisiRemeraUmucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashaka Kuyobora FERWAFA Bamenyekanye
Next Article Hari Impungenge Ko Netanyahu Nava Ku Butegetsi ‘Hazameneka Amaraso’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?