Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Kudasoma Neza’ Ibyemezo By’Abaminisitiri Byatumye Umucuruzi W’I Remera Ahanwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Kudasoma Neza’ Ibyemezo By’Abaminisitiri Byatumye Umucuruzi W’I Remera Ahanwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2021 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru cyarangiye tariki 06, Kamena, 2021 hari umucuruzi wa serivisi za Sauna wo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo waketse ko  zakomerewe yakira abakiliya, Polisi iramufata arabihanirwa.

Uyu mugore witwa Grace yari yakiriye abantu umunani ngo bajye mu cyumba bagororeramo imitsi biyuka umwotsi( saune massage), abikora atabanje gusoma neza ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ngo abone ko bitakomorewe.

Ubwo yafatwaga yabwiye inzego z’ubuyobozi harimo na Polisi y’u Rwanda ko zaca inkoni izamba kuko yabikoze atabigambiriye ahubwo yaribeshye ko byaba byakomorewe mu byemezo bishya byatangajwe tariki 31, Gicurasi, 2021.

Ati: “Natekerezaga ko mu mabwiriza mashya aherutse gusohoka yo kurwanya COVID-19 bazifunguye, ndasaba imbabazi ngira inama na bagenzi banjye bakora ibinyuranyije n’amabwiriza yo kurwanya iki cyorezo ko babireka.”

Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri ya tariki 31 Gicurasi ivuga ko Piscine (swimming pool) na spas(Sauna) zizakomeza gufunga.

Icyakora abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo muri hoteli bacumbitsemo, ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

Abafashwe bajyanwe kuri Stade Amahoro barigishwa, bipimisha COVID-19 ku kiguzi cyabo kandi banacibwa amande nk’uko amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 abiteganya.

Umuvugizi wungirije wa Polisi y’u Rwanda Chief Superintendent of Police (CSP) Africa Apollo Sendahangarwa yavuze ko kugira ngo bafate bariya baturage byatewe n’amakuru yaturutse mu baturage.

Ati “Twabonye amakuru mu masaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba(6h00pm) ko hari abantu bari gukora ibikorwa bitemewe mu nyubako ya Golden Palms SPA, Polisi ihita ijyayo isangamo abantu 08 na nyiraho bari mu cyumba cya Sauna Massage barenze ku mabwiriza yose ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19.”

CSP Afrika yibukije abaturarwanda ko kubahiriza amabwiriza ajyanye na COVID-19 ari ngombwa bakirinda kuyasuzugura kuko byaba intandaro yo kuba byasubiza abantu mu bihe bibi banyuzemo birimo na  ‘Guma mu Rugo.’

Aho batangira iriya serivisi
Haba hateguye neza ariko kugeza ubu izi serivisi ntizirakomorerwa
TAGGED:AbaminisitiriCOVID-19featuredPolisiRemeraUmucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashaka Kuyobora FERWAFA Bamenyekanye
Next Article Hari Impungenge Ko Netanyahu Nava Ku Butegetsi ‘Hazameneka Amaraso’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Abanyaburayi Batinye Gukora Ku Mafaranga Y’Uburusiya Ngo Bayahe Ukraine

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubufaransa: Muganga Yahamijwe Icyaha Cyo Kuroga Abarwayi Bagapfa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Ziva Muri DRC Zirugarijwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gakenke: Baratakambira Ubuyobozi Ngo Bububakire Ikiraro Cyambuka Umugezi Wa Base

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Urwego Rw’Ubuzima Bw’Abanyarwanda Ruteye Mu Myaka Itanu Ishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?