Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kugenda N’Amaguru Byibura Intambwe 10, 000 Ku Munsi Ni Ingirakamaro Cyane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Kugenda N’Amaguru Byibura Intambwe 10, 000 Ku Munsi Ni Ingirakamaro Cyane

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 May 2024 1:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abize uko imitsi n’amaraso by’umuntu bikora bemeza ko iyo umuntu agenze  n’amaguru ahantu hagerwa intambwe hagati ya 9,000 na 10,000 aba agiriye neza umutima we, ibihaha bye n’uruhu rwe.

Hari abemeza ko bigabanya ibyago byo kurwara umutima cyangwa kuziba imitsi ku kigero kingana na 20%.

Uko bimeze kose, abahanga bavuga ko gukoresha umubiri wawe imyitozo ari byiza hatitawe ku myaka runaka yaba afite cyangwa igihe amara akora iyo myitozo.

National Geographic ivuga ko hari abashakashatsi basanze kugenda n’amaguru bigirira akamaro kanini abantu bafite n’imyaka yicumye igera kuri 60 ndetse no kuzamura…

Ubwo bushakashatsi babukoze ku bantu 72,000.

Umuganga waminuje mu kuvura indwara z’ibyorezo witwa Dr Matthew Ahmed usanzwe wigisha muri Kaminuza ya Sydney muri Australia avuga ko gukoresha umubiri w’umuntu ibintu bituma amaraso yihuta ari byiza uko byaba bikozwe kose n’igihe byaba biri bumare cyose.

Iby’uko umuntu yagenda intambwe 10,000 ngo bishobora kugira abo bigora ariko niyo umuntu yagenda intambwe nyinshi ariko ntageze kuri ziriya nabyo ntacyo byaba bitwaye.

Mugenzi we witwa Ashley Goodwin nawe asanga nta muntu wakoze imyitozo ngo bimugireho ingaruka.

Umubiri w’umuntu bawusobanuro nk’imashini iba igomba gukora kugira ngo itarwara umugese ikangirika.

Kutawukoresha biwubuza amahirwe yo gukomera no gukomeza kwiyubaka uko iminsi ihita indi igataha.

Goodwin avuga ko mu igenzura bakoze baje gusanga ubuzima bw’abantu bamara igihe bicaye n’ubw’abafata umwanya bagenda, butandukanye cyane.

Mu buryo budasubirwaho abahanga mu buzima bwa muntu bavuga ko ari byiza kumara igihe umuntu agenda n’amaguru kurusha icyo amara ahagaze.

Icyakora imibereho ya none hari benshi ibuza ayo mahirwe.

Uko bimeze kose ariko, abantu bakwiye kumva umuburo w’uko kubikora ntacyo bihombya.

Inama abaganga batanga ni uko umuntu umara amasaha menshi yicaye, yagombye kujya ashaka uko atera intambwe 4,100 ku munsi.

Ni umuhigo ashobora kugeraho binyuze mu kugendagenda ahantu runaka hakikije aho akorera, kugenda intera iri hagati y’iwe n’aho akorera, gusura abantu agenda n’amaguru n’ibindi.

Uko umuntu yongera ubwinshi bw’intambwe akora n’amaguru niko n’umutima we n’izindi nyama zibyungukiramo.

Ku byerekeye u Rwanda, nta mibare iratangwa yerekana intambwe umuntu agenda ku munsi.

Icyakora Prof Joseph Mucumbitsi uyobora Ihuriro Nyarwanda rigamije kurwanya indwara zitandura, Rwanda NCD Alliance, aherutse kubwira itangazamakuru ko ikibazo cy’umubyibuho ikabije kiri kwiyongera mu Banyarwanda bize kandi batuye mu mijyi.

Ku rundi ruhande, Abanyarwanda batize kandi batuye mu cyaro bo bafite ikibazo cyo kubura ibyo barya bakanamba.

Kunamba ni ukunanuka kandi ukuze, bikagaragaza ko imyaka yawe idahuje n’ibiro byawe kubera ubuke bwabyo.

Ibi byose ni ibibazo birebana n’imirire n’indi mibereho ya muntu.

Uko bimeze kose, imyitozo ngororamubiri ni ingenzi mu buzima bwa muntu.

Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda cyane cyane abakorera mu Biro kandi bamara igihe kinini bicaye, Guverinoma yatangije gahunda iba buri byumweru bibiri ya siporo rusange yiswe Car Free Day.

Imihanda yarobanuwe neza irategurwa kugira ngo abantu bayikoreremo siporo bituma imibiri yabo ikora neza kandi babonereho no gusabana.

TAGGED:AbahangaAbanyarwandafeaturedSiporoUmutima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Inzego Z’Umutekano Zemerewe Kujya Mu Micungire Y’Ikawa
Next Article Huye: Abagurira Abazunguzayi Bazajya Bacibwa Frw 10, 000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?