Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuki Abantu ‘Badashaka Ukuri’ Ku Butwari Bwa Rusesabagina ? – Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kuki Abantu ‘Badashaka Ukuri’ Ku Butwari Bwa Rusesabagina ? – Kagame

taarifa@media
Last updated: 03 March 2021 7:46 am
taarifa@media
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko atumva impamvu hari abantu badashaka ukuri ku butwari bwa Paul Rusesabagina ukekwaho ibyaha by’iterabwoba, k’uburyo bamufata nk’intwari bagakomeza gusaba ko arekurwa aho kwita ku itangwa ry’ubutabera.

Rusesabagina w’imyaka 66 aregwa ibyaha by’iterabwoba bishingiye ku bikorwa by’umutwe wa MRCD/FLN, wagabye ibitero mu bice byegereye ishyamba rya Nyungwe ukica abaturage b’inzirakarengane, ndetse ugatwika imitungo yabo.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na nyiri ikinyamakuru The Independent, Evgeny Lebedev, yavuze ko ukuri ku bikorwa bya Rusesabagina guhari.

Ni mu gihe hari benshi bafata Rusesabagina nk’intwari bashingiye ku bigaragazwa na filime Hotel Rwanda yasohotse mu 2004, yakozwe n’umunyamerika Terry George. Igaragaza Rusesabagina nk’intwari yarokoye abantu bari bahungiye muri Hotel des Mille Collines.

Perezida Kagame yakomeje ati “Kuki abantu badashaka kumenya ukuri ku buryo Paul Rusesabagina yabaye intwari? Abantu babaye muri iriya hotel muri icyo gihe, kuki mutumva inkuru zabo?”

Abarokokeye muri Hotel des Mille Collines bavuga ko Rusesabagina atari intwari kuko yabishyuzaga amafaranga yo kuhaba aho kubacumbikira kubera ubugiraneza, ndetse ibigaragara muri filime harimo amakabyankuru aho kuba inkuru mpamo nk’uko abanyamahanga benshi babifashe.

Perezida Kagame yanakomoje ku nkuru yanditswe na George, avuga ko yamushimiye ubwo yasohoraga iyo filime mu 2004, akaza guhindukirana Rusesabagina ubwo yatangiraga kunenga ubutegetsi bwe.

Yagize ati “Ibyo ni umwanda. Nta kibazo mfite mu kuba umuntu yakora filime ku kintu runaka. Ariko iyo umuntu ashatse amaronko kuri iyo filime, akayihindurira igisobanuro mu nyungu ze bwite, zaba iz’ubukungu cyangwa politiki, ibyo ntabwo ari byo… Ni igitutsi ku bapfuye kandi ibyo ntabwo bikwiye.”

Perezida Kagame yavuze ko ibimenyetso bihari bigaragaza neza ko Rusesabagina yashinze umutwe witwaje intwaro wishe abantu icyenda mu bitero wagabye mu Majyepfo y’u Rwanda.

Yakomoje ku buryo ibihugu bikomeye nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza bikomeje kwibasira u Rwanda ku ifungwa rya Rusesabagina, avuga ko nabyo bikora “ibintu biteye ubwoba”.

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rushishikajwe no kubana neza n’amahanga nta kurobanura, haba u Bushinwa, ibihugu bikoresha Icyongereza, Igifaransa cyangwa u Burusiya.

Ati “Dufata ubusugire bwacu nk’ikintu gikomeye. Abaturage bafite indirimbo ntajya nibagirwa. Iravuga ngo ‘nta kintu kidutera ubwoba kubera ko ibyo twanyuzemo’… nta kintu kidasanzwe kiri imbere yacu.”

Rusesabagina aheruka imbere y’urukiko mu cyumweru gishize ubwo yamenyeshwaga ko agomba kuburanira mu Rwanda, mu gihe we yasabaga kuburanira mu Bubiligi kuko avuga ko yiyambuye ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Yahise ajuririra icyo cyemezo, Urukiko Rw’Ubujurire rukazabanza kubifataho umwanzuro mbere y’uko urubanza rukomeza mu mizi.

TAGGED:featuredPaul KagamePaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Ndayishimiye Yigishije Abaturage Guhinga Kijyambere
Next Article Uganda Yahagaritse Umutoza Johnny McKinstry
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?