Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2025 11:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuhanga wa Kigali-Muhanga wagombaga kuzagurwa ariko byasubitswe kubera inyigo itaruzura.
SHARE

Ubwo yagezaga ikiganiro gikubiyemo igenamigambi ku ngengo y’imari y’umwaka wa 2025/2026 n’uko izakoreshwa, Minisitiri Yussuf Murangwa yavuze kubaka umuhanga Kigali-Muhanga utagikozwe kuko hari ibitaranoga mu ngengo y’imari yawugenewe.

Yabivuze nyuma yo kubibazwa n’Abadepite nyuma yo kumva ko ntawo yakomojeho mu mihanda yari amaze kuvuga ko izubakwa ku mafaranga y’iriya ngengo y’imari.

Kubera ko inyigo yawo igitunganywa niyo mpamvu utazubakwa muri iki gihe nk’uko Minisitiri w’Imari n’igenamigambi yabitangarije Inteko.

Yabasezeranyije ko abahanga bari gukora uko bashoboye ngo irangire vuba bityo akemeza ko ninoga izatangazwa.

Ubwo watangazwaga, byavugwaga ko igice cyawo cya mbere kizakorwa kikava i Kigali kikagera ahitwa Bishenyi muri Kamonyi.

Hagombaga gukurikiraho ikindi gice kiva aho Bishenyi kikagera i Muhanga mu Mujyi.

Igice uyu muhanda uherereyemo ni cyo bivugwa ko gikoreshwa n’ibinyabiziga byinshi mu Rwanda, hagakurikiraho umuhanda ugana mu Burasirazuba, igice cya Nyagatare.

Mu gusobanura iby’isubikwa ryawo, Minisitiri Murangwa yagize ati: Umuhanda Kigali-Muhanga nturimo kuboneka muri iyi ngengo y’imari kuko inyigo dufatanyije n’abazawukora itararangira.  Ariko na wo uri mu mihanda minini yo ku rwego rw’Igihugu duteganya gukora kandi vuba. Inyigo nirangira tuzabagezaho uko uzakorwa”.

Minisitiri Murangwa ubwo yagezaga ku Nteko iby’iyo mbanzirizamushinga.

Usibye umuhanda Kigali-Muhanga utari mu izakorwa umwaka utaha w’ingengo y’imari, hari n’Abadepite babajije impamvu Umujyi wa Kigali utagifatanya n’abaturage kubaka imihanda ihuza utugari n’Imidugudu mu Mujyi.

Minisitiri w’Imari n’Iganamigambi yasubije ko bitagikorwa kubera ikibazo cy’ubushobozi bw’Umujyi wa Kigali, kuko abaturage bakusanyaga 30% by’amafaranga akenewe ariko Umujyi wa Kigali ntubonere ku gihe  70% by’andi mafaranga bityo igenamigambi rikadindira.

Imbanzirizamushinga y’ingengo y’Imari ya Leta y’umwaka wa 2025/2026, hamwe n’ingamba zo mu gihe giciriritse 2025/2026-2027/2028, iteganya ko amafaranga ateganyijwe gukoreshwa mu ngengo y’Imari ya 2025/26 ari Miliyari 7,032.5Frw ni ukuvuga inyongera irenga Miliyari 1000 ugereranyije n’uko yanganaga mu ngengo y’imari y’umwaka ushize.

Inyigo y’umuhanda Kigali-Muhanga yatangiye gukorwa mu mwaka wa 2023.

TAGGED:AbadepitefeaturedIntekoKigaliMuhangaMurangwaRwandaUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216
Next Article Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?