Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwandika Amateka Ya Jenoside Ntibyoroshye – Umwanditsi Hagenimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kwandika Amateka Ya Jenoside Ntibyoroshye – Umwanditsi Hagenimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 June 2024 8:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yatangaza ibikubiye mu gitabo aherutse gushyira mu Cyongereza Antoine Hagenimana avuga ko kwandika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi warayirokotse ari ikibazo gikomeye.

Ni umukoro avuga ko ugoye kuko kuvuga amateka umuntu yaciyemo bamuhigisha uruhindu ari ikintu kiremereye.

Icyakora ngo kubyandika biravura n’ubwo ari akazi gakomeye.

Antoine Hagenimana avuga ko kugira ngo ibyabaye bitibagirana, ari ngombwa ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagira ubutwari bakandika ibyababayeho niyo byaba ari igika kimwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko kiriya gitabo yatangiye gutekereza ibyo kucyandika akorera muri AVEGA, ubwo yari umuganga wavuraga ababyeyi b’abapfakazi bahekuwe na Jenoside.

I Nyanza aho yakoreraga niho yaje kubona uko abarokotse Jenoside bari babayeho nabi ariko bakagira ubutwari bwo gukora.

Avuga ko yamaze amezi atandatu yita kuri buri mubyeyi ariko kubera ko yari afite ibikomere yumvaga buri mubyeyi uje umugana yamukorera transfert, akamwohereza ku bandi baganga.

Nyuma hari umwe mubo bakoranaga wamubwiye ko muri we hagomba kuba harimo ikibazo, ko byaba byiza yisuzumye akareba niba nta kibazo afite.

Ati: “Umwe muri bagenzi banjye yambwiye ko nkwiye kwisuzuma nkareba niba nta kibazo mfite kuko umuntu asiga ikimwirukaho ariko ntasiga ikimwirukamo”.

- Advertisement -

Antoine Hagenimana wanditse igitabo ‘Agahinda ka Mama’ cyangwa Le Chagrin de Ma Mère cyangwa The grief of my Mother avuga ko na mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi itangira hari abo mu muryango we bapfuye bazize urupfu rusanzwe.

Akomoka ahitwa Nkanka muri Rusizi y’ubu, icyo gihe hari muri Komini Kamembe.

Abatutsi bo muri iki gice bagerageje guhangana n’Interahamwe zashakaga kubamara, babikora bakoresheje kuzitera amabuye.

Umwe mu bagabo b’Abatutsi bari aho witwaga Jean Pierre Kageruka niwe watangije ibyo kurwanisha amabuye bahanganye n’Interahamwe.

Uwari Burugumesitiri icyo gihe yatanze amabwiriza y’uko Interahamwe zigomba kwica abagabo gusa.

Abarokokeye aho kuri Komini Kamembe bahise bajya kuri Stade y’ahitwa i Nyarushishi.

Muri uko guhunga Nyina yaje kugerageza kumusanga i Nyarushishi ariko ahurira n’Interahamwe mu nzira ziramufata zimukorera ibya mfura mbi.

Avuga ko impamvu yise igitabo cye ‘Agahinda ka Mama’ avuga ko akigera muri AVEGA yaje gusanga ari ngombwa ko asubiza amaso inyuma asanga hari imbaraga abo babyeyi yavuraga bari bifitemo aho batuye kandi bakabikorana agahinda k’ibyababayeho.

Nyuma yaje gutekereza uko Nyina yamwifurizaga kuzaba umugabo, akamukangura kandi ngo abyuke akore atazaba imbwa bituma ahitamo kwandika ku butwari bwaranze umubyeyi we kandi nawe yiha intego yo kwiga ngo ‘koko’ atazaba imbwa.

Antoine Hagenimana avuga ko Nyina yaje gutabuka arwaye kanseri.

Ashima uko Inkotanyi zamufashije gusubira mu ishuri kugira ngo yige ubu akaba ari umukozi muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu.

Senateri Antoine Mugesera wari umwe mu bitabiriye itangazwa rya kiriya gitabo yavuze ko kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ari ikintu buri muntu wese wayirokotse agomba guharanira kuzakora.

Icyakora nawe yemeza ko kwandika amateka y’uburyo umuntu runaka yarokotse, uko bamuhize, uko abe bishwe, uko yihishahishe kugeza arokotse atari akazi koroshye.

Mugesera avuga ko iyo abarokotse Jenoside banditse ari benshi, abasoma amateka yabo basanga mu bitabo byabo ibintu bitandukanye byerekana ubukana yakoranywe, uko ibintu byari byifashe n’uburyo Inkotanyi zahatabaye.

Uwo ni umusanzu wa buri mwanditsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati: “ Mureke abantu bandike kuko buri wese agira akandi gashya kihariye azana mu gitabo cye. Nk’ubu Antoine yazanyemo akandi kari scientifique, ka resilience”.

Charles Habonimana wanditse igitabo Moi Le Dérnier Tutsi nawe avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari agahomanunwa kuko hari ibyo amaso y’abayirokotse yabonye bitoroshye ko wakwandika.

Yavuze ko muri kiriya gitabo cye nawe yirinze kwandika ibyo yabonye ubwo Intarahamwe zafataga ku ngufu Abatutsikazi, zigakoresha ubu buryo nk’intwaro yo kubica no kubica mu mutwe.

Ashima ubutwari bw’abo babyeyi n’ubu bakiriho bakaba baragize n’uruhare mu kurerera u Rwanda.

TAGGED:AbatutsiigitaboJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Wa Denmark Yakubitiwe Mu Nzira
Next Article DRC Irashaka Guha Ifaranga Ryayo Agaciro Gahangana N’Idolari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?