Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi Ku Nshuro ya 27 Bizakorwa Gute?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi Ku Nshuro ya 27 Bizakorwa Gute?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2021 8:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo COVID-19 ikiriho ariko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 27 muri uyu mwaka bizakorwa mu buryo buha abantu bake guhura bakibuka. Umwaka ushize ho byari bikomeye kuko Icyumweru cyo kwibuka cyarangiye Abanyarwanda bose bari muri Guma mu Rugo.

Ibikorwa bidahuza abantu benshi byo gushyingura imibiri yabonetse muri uriya mwaka byabereye bwa mbere ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi  ruri i Nyanza mu Karere ka Kicukiro.

Icyo gihe hashyinguwe imibiri irenga 100 yabonetse mu kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge.

Nyuma hirya no hino mu Rwanda abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’inshuti zabo bashyinguye indi mibiri yabonetse, babikora bahurira ku nzibutso zitandukanye ariko bakurikije umubare wagenwe na Minisiteri y’ubuzima mu rwego rwo kurinda Abanyarwanda kwanduka COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umwaka ushize kandi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagerageje kwibuka ababo bakoresheje kwihuriza ku mbuga nkoranyambaga bakaganira, bagatanga ubuhamya, bagakomezanya binyuze mu kwandikirana ubutumwa cyangwa guhamagarana.

Ikindi gikomeye ni uko mu gihe cya Guma mu  Rugo ya mbere, abarokotse Jenoside bishoboye baremeye bagenzi babo kugira ngo inzara itazahaza.

Ni umusanzu batanze ku bwabo kuko na Leta yari yageneye Abanyarwanda batishoboye inkunga y’ibiribwa.

Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 26 kandi byizihirijwe no mu bindi bihugu hakoreshejwe uburyo bwavuzwe haruguru.

Ku nshuro ya 27 hari impinduka…

- Advertisement -

Umunyamabanga mukuru wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr Jean Damascène Bizimana yaraye abwiye RBA ko ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 27 bizahuza abantu ariko ku mubare muto hagendewe ku mabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda.

Dr Bizimana avuga ko Kwibuka ku nshuro ya 27 bizahuza abantu bake.

Avuga ko tariki 07, Mata, 2021 hari abantu bake barimo abayobozi bakuru mu nzego za Leta bazahurira ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi muri Gasabo bashyire indabo ku mva iruhukiyemo imibiri, hacanwe urumuri rwo kwibuka mu minsi ijana, nibirangira bakomereze muri Kigali Arena.

Muri iyi nyubako niho hazavugirwa amagambo agendanye n’icyunamo ku nshuro ya 27 ariko abazaba bahari bazaba ari bake nanone hakurikijwe icyo amabwiriza yo kwirinda kwandura no kwanduzanya COVID-19 ateganya.

Mu bazaba bari muri Arena hazaba harimo n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda kuko Jenoside ari icyaha gikorerwa Isi.

Abanyarwanda bazakurikirana ibizahavugirwa binyuze kuri Radio/Télévision-Rwanda no ku mbuga nkoranyambaga

Tariki 09, Mata, 2021; hateganyijwe ikiganiro cy’urubyiruko ku mateka ya Jenoside n’uruhare rw’urubyiruko mu kuyabungabunga.

Ku itariki  13 Mata 2021, nibwo hazasozwa Icyumweru  cyo Kwibuka 27 no kwibuka abanyapolitiki bayizize.

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bazajya bashyira indabo ku nzubutso bagiye kwibuka ababo ariko babikore ku mubare muto w’abazabyitabira hakurikijwe ingamba zo Kwirinda COVID-19.

Komisiyo yo kurwanya Jenoside izakomeza gusohora inyandiko zisobanura uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa hiryo no hino mu Rwanda kandi ku mataliki atandukanye.

Ahantu hatandukanye mu Turere n’Imirenge habonetse imibiri y’abazize Jenoside izayishyingura, ariko hakubahirizwa ingamba zose zo kwirinda COVID-19 harimo n’umubare ntarengwa w’abemerewe kwitabira umuhango wo gushyingura.

TAGGED:AbatutsiCOVID-19featuredImibiriInzibutsoJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RURA Yaburiye Abashoferi Bakomeje Kuzamura Ibiciro By’Ingendo
Next Article ‘Igitugu’ cya Netanyahu Cyatinzweho Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?