Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwita Abana B’Ingagi Amazina Byasubitswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kwita Abana B’Ingagi Amazina Byasubitswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2024 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera impamvu zitatangajwe, Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere, RDB, cyanzuye ko abana 22 b’ingagi batakiswe amazina ku italiki 18, Ukwakira, 2024 nk’uko byari biherutse gutangazwa.

Itangazo ry’iki kigo rivuga ko italiki kwita izina bizaberaho izatangazwa mu gihe kiri imbere.

Kuva kwita izina abana b’ingagi byatangira, hamaze kwitwa abana 300, kuri iyi nshuro hakaba hateganywaga kuzitwa abandi 22.

Abantu barenga 2000 nibo bari baratumiwe muri uyu muhango mu buryo butaziguye ariko muri rusange wari kuzitabirwa n’abarenga 30,000.

Kuva mu mwaka wa 2005, hari imishinga irenga 659 yo guteza imbere abaturiye Pariki y’ibirunga aho ingagi zituye yashyizwe mu bikorwa iteza imbere abaturage ku rwego rufatika.

Yose ifite agaciro ka Miliyari Frw 5.16.

Irebana no guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, kubaka amashuri, ibitaro n’indi.

Nubwo RDB itatangaje impamvu yatumye kwita ingagi amazina bisubikwa, birashoboka ko byose bishingiye ku cyorezo cya Marburg kimaze iminsi mike cyadutse mu Rwanda.

Ubwinshi bw’abantu bari baratumiwe muri uriya muhango n’igikorwa cyo kubapima ngo hizerwe ko ntawanduye ngo atanduza abandi cyari kuzafata igihe kirekire,  cyane cyane ko abantu bapimirwa aho igikorwa kibera.

Kwita izina ni igikorwa akenshi kitabirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame cyangwa Madamu we.

Hari n’ubwo yohereza Minisitiri w’Intebe.

Mu kwita izina hakunze gutumirwa n’ibyamamare bikomeye ku rwego rw’isi mu nzego za politiki, imikino na sinema.

Kwizera ko abo bose bahurira ahantu hamwe bakahava bari bataraga ni ikintu gishobora gushidikanywaho mu gihe mu gihugu havugwa icyorezo kica cyane nka Marburg.

Hagati aho twabamenyesha ko iyo Marburg yaraye yishe undi Munyarwanda!

TAGGED:AbanaAmazinafeaturedIcyorezoIngagiKagameMarburgRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuvugizi Wa Biden Yavuze Ko Amerika Yahaye u Rwanda Miliyoni $11 Zo Kurwanya Marburg
Next Article Burundi: Harabura Amezi Make Ngo Habe Amatora Ya Perezida, Byifashe Bite?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Bunyoni Ararembye

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?