Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 August 2025 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage barasabwa kwemeza amakuru y’irangamimerere yabo kugira ngo ahari amakosa akosorwe bityo bizorohe guhabwa indangamuntu koranabuhanga.

Bayise e-Ndangamuntu ikaba izatangira gutangwa muri Kamena, 2026.

Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe Irangamimerere mu birori byabereye mu Murenge wa Muganza muri Nyaruguru niho Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayisire Marie Solange, yabisabiye abaturage bose mu gihugu.

Kayisire yavuze ko muri iki gihe gukosoza Irangamimerere ya buri muturage byoroshye kuko ababishinzwe bari kwegera abaturage aho batuye.

Ati: “Muri iki Cyumweru hazatangwa serivisi z’irangamimerere mu gihugu hose. Turashishikariza abatarandikishije abana bavutse cyangwa ngo bandukuze ababo bapfuye, kugana abanditsi b’irangamimerere bakabafasha”.

Ababana batarasezeranye nabo basabwa kubikora, bakabana byemewe n’amategeko.

Abaje kumva iby’iyi gahunda barayishimye, bavuga ko bazakora uko bashoboye bakayitabira.

Musabyimana Jeanne wo mu Murenge wa Muganza yabwiye itangazamakuru ati: “Nabyariye kwa muganga nzi ko umwana ari ho yandikirwa ariko kubera kutamenya amakuru, navuyeyo ntamwandikishije. Nibwiraga ko abaganga babikoze. Nyuma y’igihe, nagiye k’ushinzwe irangamimerere ku Murenge mbaza amakuru y’umuryango wanjye, bambwira ko uwo mwana atanditse ndikanga”.

Icyakora baje kubikosora, arandikwa.

Amakosa mu myirondoro ni yo ari gukosorwa mu gihugu hose.

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe irangamuntu Mukesha Josephine ati: “Amakosa arimo amazina yanditse nabi, imyirondoro itari yo n’andi ni yo turi gukosora ubu. Kugira ngo umuntu azabone Indangamuntu koranabuhanga, amakuru ye agomba kuba ameze neza”.

Iyo ndangamuntu nshya izorohereza abaturage kuko bizabafasha gusabira serivisi aho bari kandi si ngombwa ko igendanwa.

Ikizaba gikomeye ni ukumenya nomero yayo.

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), bwerekana ko mu mwaka wa 2023, kwandikisha abana bavuka byari bigeze kuri 90%, n’aho 2024 byari byageze kuri 90.3%.

Bugaragaza ko mu mwaka wa 2023, kwandukuza abapfuye byari biri kuri 41.8% mu gihe muri 2024 byari bigeze kuri 46.1%.

Ibi bigaragaza ko hakiri ibyo gukosora mu irangamimerere kugira ngo bitungane kuko ari ryo Leta igenderaho ikora igenamigambi ry’igihugu.

TAGGED:AbaturagefeaturedIndangamuntuKayisireNyaruguru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 
Next Article Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?