Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Linda Melvern Waraye Umuritse Igitabo Kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi Ni Muntu Ki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka 28

Linda Melvern Waraye Umuritse Igitabo Kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi Ni Muntu Ki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2022 8:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mbere na mbere Linda Melven ni Umwongerezakazi ukora itangazamakuru ricikumbuye. Mu myaka ya mbere y’umwuga we, Linda yandikiye ikinyamakuru The Evening Standard nyuma akomereza kuri The Sunday Times.

Yakoreye kandi n’ikindi cyazobereye mu gucukumbura kitwa The Insight Team.

Linda Melven yaje kuva mu itangazamakuru atangira kwandika ibitabo kugeza ubu akaba amaze kwandika ibigera kuri birindwi.

Yigeze no kwigisha muri Kaminuza ya Wales iri ahitwa Aberystwyth, yigisha Politiki mpuzamahanga.

Kimwe mu bitabo yanditse bwa mbere kigakundwa ni icyo yise ‘Techno-Bandits’ yanditse afatanyije na na Nick Anning na David Hedbitch mu mwaka wa 1984.

Harimo inkuru y’uburyo Minisiteri y’ingabo y’Amerika yakoze uko ishoboye ngo iburizemo umuhati w’Abasoviyete bashakaga kwiba Amerika ikoranabuhanga.

Mu mwaka wa 1986 yanditse igitabo[wenyine] yise ‘The End  of the Street’cyari gikubiyemo ibikorwa byakozwe n’uwitwa Rupert Murdoch washakaga kwigarurira amacapiro yose yakoreraga mu Bwongereza  kugira ngo abone uko yubaka uruganda runini rufite imashini zicapa.

Rupert Murdoch ni umuherwe w’Umunyamerika ariko ukomoka muri Australia.

Mu ntangiriro z’imyaka ya 1990, Madamu Linda Melven yanditse igitabo kinini kirimo uko yabonaga imikorere y’Umuryango w’Abibumbye, iyi ikaba ari imikorere yakorerwaga mu buryo bw’ibanga.

Igitabo yise Ultimate Crime cyarakunzwe ndetse kiba ishingiro ry’ibiganiro by’uruhererekane byacishwaga kuri televiziyo zitandukanye muri Amerika bivuga kuri UN.

Guhera mu mwaka wa 1994  kugeza kuri uyu wa Kane taliki 14, Mata, 2022, Linda Melvern yanditse yitonze amateka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Igitabo yaraye amuritse yise “Intent to Deceive: Denying the Genocide of Tutsi”,

Asanzwe ari na Visi Perezida w’Ihuriro mpuzamahanga ry’Intiti ziga ibya za Jenoside, ihuriro bita International Association of Genocide Scholars.

Yigeze no kuba Umujyanama mu bya gisirikare mu Bugenzacyaha bw’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwahoze rwarashyiriweho u Rwanda, ICTR.

Linda yahaga ubushinjacyaha inyandiko n’ibindi bihamya bifatika bwashingiragaho mu gutegura ibirego n’ingingo zo gukoresha mu rukiko.

Ni ingingo zabaga zishingiye ku bihamya by’amateka n’amategeko zerekana uruhare rwa Guverinoma ya Juvenal Habyarimana n’iz’iy’Abatabazi mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu mwaka wa 2017, Linda Melvern ari mu bantu Perezida Paul Kagame yambitse umudari w’igihango kubera ubushuti burambye afitanye n’u Rwanda.

Mu gitabo yaraye amuritse yise “Intent to Deceive: Denying the Genocide of Tutsi”,   ni ukuvuga ‘Umugambi wo kuyobya no Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi’.

Yavuze ko gikubiyemo inyandiko  zisobanura neza uko ingengabitekerezo yabibwe n’abateguye Jenoside yakorewe Abatutsi n’uko bo n’ababashyigikiye bakorana bya bugufi mu guhakana uruhare bayigizemo.

TAGGED:AbatutsiBwongerezafeaturedigitaboJenosideLindaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwiyemeje Gukorana Na Jamaica Mu Guteza Imbere Ubumwe Bw’Abaturage
Next Article U Rwanda Ni Urwa Kabiri Muri Afurika Yo Munsi Ya Sahara Aho Abagore Bahabwa Amahoro ‘Ntibakubitwe’-Raporo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?