Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Liz Truss: Undi Mugore Ugiye Kuba Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Liz Truss: Undi Mugore Ugiye Kuba Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2022 12:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma ya Margret Thatcher, Theresa May, ubu  undi mugore witwa Liz Truss niwe ugiye kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza asimbuye Boris Johnston uherutse kwegura nyuma y’ibibazo by’imiyoborere idahwitse yashinjwaga n’abo mu ishyaka rye.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere Taliki 05, Nzeri, 2022 ari bwo hazatangazwa k’umugaragaro ko Liz Truss yatsinze Rishi Sunak bari bahanganye ku mwanya wo kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Margret Thatcher

Truss yari asanzwe ashinzwe ububanyi n’amahanga bw’u Bwongereza, akaba yari ahanganye na Rishi weguye ku byerekeye imari n’igenamigambi nyuma yo kutumvikana n’uwahoze amuyobora ari we Boris Johnston.

Liz Truss ntiyerura ngo avuge ibikubiye mu migambi afitiye Abongereza ariko hari amakuru avuga ko mu by’ibanze azakora harimo no kugabanya imisoro.

Benshi mu baturage b’u Bwongereza barataka ko imisoro iri hejuru, bakavuga ko kuyigabanya byaba ari ukubatura umutwaro ukomeye.

Mu kinyamakuru kitwa Sunday Telegraph, Liz Truss yatangaje ko mu Cyumweru kimwe kizakurikira itangazwa ry’intsinzi ye, ari bwo azavuga ibikubiye mu migambi ye.

Avuga ko u Bwongereza bugomba kwishakamo igisubizo mu byerekeye ingufu kugira ngo butazahora mu bibazo byo kubura ingufu zikoreshwa mu ngo z’ababutuye bitewe n’uko izavaga mu mahanga zagabanutse.

Aha yakomozaga ku kibazo cy’ingufu nke ziboneka mu Burayi muri iki gihe kubera ko izavaga mu Burusiya na Ukraine zagabanuwe n’intambara ibi bihugu bigiye kumaramo hafi umwaka.

Theresa May

Hari imigambi Truss afite ariko ataratangaza byeruye ivuga ko azihatira kubyaza umusaruro imbaraga za kirimbuzi( nuclear power) kugira ngo igihugu cye cyihaze mu ngufu gikenera kandi mu bihe byose, haba mu mpeshyi cyangwa mu itumba.

Ikindi Abongereza bazaba bayobowe na Liz Truss bazaharanira kugera ho ni ukuba igihugu kidafite ahandi hantu aho ari ho hose gikesha abandi Banyaburayi kubaho.

Arashaka ko bitarenze umwaka wa 2023, nta mategeko na make y’Abanyaburayi azaba agifite aho ahuriye n’Abongereza.

Kwasi Kwarteng niwe unugwanugwa kuzashingwa ububanyi n’amahanga ku butegetsi bwa Truss. Afite inkomoko muri Ghana.

Ibi bije nyuma y’uko Urukiko rushinzwe uburenganzira bwa muntu rwo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi rwitambitse icyemezo cy’inkiko z’u Bwongereza cyabwemereraga kohereza mu Rwanda abimukira b’aho.

Icyemezo cy’uru rukiko cyabangamiye Abongereza k’uburyo bahise batangira kwiga uko igihugu cyabo cyabaho kidafite aho gihuriye n’amategeko ayo ari yo yose areba abandi Banyaburayi.

U Bwongereza kandi burashaka kugira ubukungu buruta ubw’ibindi bihugu byose by’u Burayi harimo n’u Budage.

U Budage nicyo gihugu cya mbere gikize mu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri iki gihe.

Ese Truss azakomeza umugambi wo kuzana abimukira mu Rwanda?

u Rwanda n’u Bwongereza bifitanye amasezerano ku byerekeye imibereho myiza y’abimukira. Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi Pritti Patel na Dr Vincent Biruta

Hashize ukwezi Liz Truss abwiye The Mail ko ashyigikiye gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kurwoherereza abimukira bageze mu Bwongereza mu buryo budakurikije amategeko.

Ni umugambi urimo ingingo y’uko abo bimukira bazajya bazanwa mu Rwanda bakahaba nyuma babishaka bakazaka uburenganzira bwo kuba mu Bwongereza biciye mu mucyo cyangwa se bagahitamo gutura mu Rwanda kuko nabyo byemewe muri uyu mugambi.

Truss yabwiye The Mail ko ashyigikiye Politiki yatangijwe na Pritti Patel na Boris Johnston.

Ngo ni ‘Politiki nyayo.’

Ati: “ Ni Politiki igomba gushyirwa mu bikorwa uko yakabaye.”

Yongeraho ko nibiba ngombwa azareba uko yayagura k’uburyo u Bwongereza bwakorana n’ibindi bihugu kugira ngo ikomeze kandi igire akamaro kanini kurushaho!

Perezida Kagame nawe yigeze kubwira abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko politiki igihugu cye gifitanye n’u Bwongereza mu kwita ku bimukira ari Politiki nzima.

Yavuze ko u Rwanda rutagura ngo rugurishe abantu.

Biteganyijwe ko muri Nzeri, 2022 mu Bwongereza hazatangira kwakirwa ibirego byatanzwe n’imiryango itegamiye kuri Leta ivuga ko ibya Politiki y’u Rwanda n’u Bwongereza ku kibazo cy’abimukira bidakwiye.

 

TAGGED:AbimukiraBwongerezaKagameMinisitiriRwandaTruzz
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyoni Frw 3 Kuri Buri Mukinnyi W’Amavubi Zishobora Kuba Zarabateye Igihunga
Next Article Umutoza W’Amavubi Ati: “ Mbabajwe N’Uko Tuvuyemo Rugikubita”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?