Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: LODA Yahaye Akarere Ka Rutsiro Amafaranga Yo Kwishyura TVET ‘Ntiyatangwa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

LODA Yahaye Akarere Ka Rutsiro Amafaranga Yo Kwishyura TVET ‘Ntiyatangwa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 November 2021 2:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abanyeshuri biga muri TVET ya  Bumba iri mu Murenge wa Mushubati n’abandi biga muri TVET yitwa Kivu Hills mu Murenge wa Boneza bavuga ko Akarere kabasezeranyije kujya kwiga ariko bagerayo ubuyobozi bukabirukana kuko Akarere katishyuye ay’ishuri angana na Miliyoni Frw 60.

Ni abanyeshuri Leta yemeye kwishyurira binyuze mu mafaranga ikigo gishinzwe iterambere ry’inzego z’ibanze LODA cyigenera Uturere.

Bagiye kwiga muri biriya bigo baturutse mu mirenge ya Boneza, Mushubati, Ruhango n’ahandi muri Rutsiro.

TVET ya Bumba

Umwe muri bo yagize ati: “Turagira ngo mutubarize abayobozi igituma amashuri twigamo yaratwirukanye avuga ko Akarere katatwishyurira.”

Umwe muri bo twise Ildephonse mu rwego rwo kumurinda  ko hazagira abamwihimuraho avuga ko bagerageje guhamagara Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’Akarere witwa Tom Mutembe ngo agire icyo abivugaho abasubiza ko bagomba gusubira ku ishuri.

Bagezeyo barongera barashushubikanywa ngo nibatahe.

Ngo barongeye baramuhamagara abasubiza ko byaba byiza babajije ubuyobozi b’amashuri bigamo ariko nabwo nta gisubizo kinejeje bahawe.

Biyambaje ubuyobozi ku rwego rw’Intara y’i Burengerazuba babubaza icyabuze ngo bishyurirwe, abo ku Ntara babasubiza ko hari ubutumwa bahawe buturutse ku Biro by’Akarere buvuga ko bitarenze kuri  uwo wa Kabiri bari bwishyurirwe bakajya kwiga.

Abanyeshuri bo mu Mirenge ya Mushubati, Boneza na Ruhango bari mu batarishyuriwe n’Akarere ka Rutsiro kandi karishyuwe na LODA

Ildephonse ati: “ Ubu tuvugana hashize ibyumweru bibiri uwa kabiri batubwiraga ushize. Twongeye guhamagara batuburira igisubizo. Twagerageje kongera guhamagara Gitifu w’Akarere ntiyayifata adusaba kumwandikira ubutumwa bugufi turabwandika.”

Avuga ko muri ubwo butumwa bibukije uriya muyobozi ko umuturage ari we ugomba kuba ku isonga, bamubaza icyibura ngo imvugo ibe ingiro.

Mu butumwa boherereje uriya muyobozi bamwibutsaga ko amafaranga yo kubishyurira yatanzwe na LODA, bityo ko kuyazinzika ntakoreshwe icyo yatangiwe bidakwiye!

Ikibabaje ni uko igihe bahawe cyo kwiga[guhugurwa] muri ziriya TVET cy’amezi atatu kizarangira tariki 23, Ugushyingo, 2021.

Bariya banyeshuri bari baremerewe no kuzahabwa ibikoresho by’ishuri ariko ntabyo babonye nk’uko babibwiye Taarifa.

Tom Mutembe

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro w’umusigire, akaba yari asanzwe ari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere Bwana Tom Mutembe wagejejweho kiriya kibazo ntiyitabye umunyamakuru wa Taarifa mu nshuro zose yamuhamagaye ngo agire icyo avuga kubyo bariya banyeshuri bavuze.

Twavuganye n’Umujyanama wa Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba witwa Laurent Nsengiyumva atubwira ko ejo hashize ni ukuvuga tariki 16, Ugushyingo, 2021 yavuganye na Mutembe amubwira ko[ Mutembe abwira Nsengiyumva] bariya bana bari bwishyurirwe kuri uyu wa Gatatu tariki 17, Ugushyingo, 2021.

Ukirikije aho amasaha ageze n’iminsi isigaye ngo igihe cyo kwiga bariya banyeshuri bahawe kirangire, wakwibaza niba baziga cyangwa bataziga, ukibaza nanone niba amafaranga LODA yahaye Akarere ka Rutsiro azakoreshwa icyo yagenewe cyangwa niba azasubizwayo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro ntibuhakana cyangwa ngo bwemeze ibivugwa na bariya banyeshuri!

LODA iti: ‘ Akarere kamwe gashobora kwihuta akandi kagenda biguru ntege..’

Claudine Nyinawagaga

Umuyobozi w’ Ikigo gishinzwe iterambere ry’inzego z’ibanze LODA Madamu Claudine Nyinawagaga yabwiye Taarifa ko agiye gukurikirana ibya kiriya kibazo.

Yavuze ko iyo LODA ihaye Uturere amafaranga no akoreshwe mu bintu runaka, hari igihe Akarere kamwe kabyihutisha kurusha akandi, kamwe kagatanga amasoko vuba akandi kakagenda biguru ntege.

Ati: “ Burya iby’amasoko bigira procedure. Hari uturere twihutisha ibyayo, umushinga runaka ugashyirwa mu bikorwa vuba kubera ko kaba gasanzwe gafite wenda rwiyemezamirimo ubikoramo, hari n’aho usanga Akarere kagomba gutanga isoko abantu bakaripiganirwa bityo hamwe bikaba byatinda.”

Yabwiye Taarifa ko Urwego ayobora rugiye kubikurikirana ariko nanone yongeraho ko za nyobozi z’Uturere zitaratangira gukora neza, bityo ko ibintu nibimara kujya ku murongo bazabishyiramo imbaraga abana bakishyurirwa bakajya kwiga.

TAGGED:AkarerefeaturedImyugaLODA. NyinawagagaRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinjacyaha Bwajuririye Igihano Cyatanzwe n’Urukiko Kitakiba Mu Mategeko
Next Article U Burundi Bwasoje Iperereza Ku Barwanyi 19 Bwashyikirijwe n‘u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?