Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Louise Mushikiwabo Na Charles Michel Bari Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Louise Mushikiwabo Na Charles Michel Bari Mu Rwanda

admin
Last updated: 07 March 2021 5:52 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo na Perezida y’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Charles Michel, bari mu Rwanda aho basuye ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Bugesera.

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru Mushikiwabo na Michel basuye Ikigo Nderabuzima cya Mayange, aho bakurikiranye igikorwa cyo gukingira icyorezo cya COVID-19 mu byiciro byatoranyijwe. Bari kumwe na Chrysoula Zacharopoulou, umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Burayi akaba n’umuganga.

Ni urugendo rwitabiriwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umunsi wa kabiri wo gukingira COVID-19 mu Rwanda wasojwe abakingiwe mu gihugu cyose bamaze kuba 158.898, barimo 83.842 bakingiwe kuri uyu wa Gatandatu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku wa Gatatu u Rwanda rwakiriye inkingo zikabakaba 347.000 za AstraZeneca/Oxford na Pfizer binyuze muri gahunda mpuzamahanga ya COVAX, igamije gufasha ibihugu bikennye kubona inkingo.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ni umwe mu baterankunga bakomeye b’iyo gahunda, aho mu kwezi gushize wakubye kabiri inkunga yawo muri COVAX ubwo watangaga miliyoni €500, hagamijwe ko ibihugu byose bibona inkingo za COVID-19.

Ayo mafaranga yunganiye cyane gahunda ya COVAX ifite intego yo kugeza inkingo miliyari 1.3 mu bihugu 92 bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere mbere y’uko uyu mwaka wa 2021 urangira.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi binyuze mu cyiswe Team Europe niwo muterankunga ukomeye wa COVAX, aho ibihugu biyigize bimaze gutanga miliyari zisaga €2.2 harimo miliyoni €900 ziheruka kwemerwa n’u Budage.

Charles Michel na Louise Mushikiwabo i Mayange
Charles Michel aganira n’itangazamakuru
Chrysoula Zacharopoulou yakingiye umwe mu bitabiriye iyi gahunda yo kwikingiza COVID-19


TAGGED:Charles MichelfeaturedLouise Mushikiwabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Yakumiriye Ibigori Byatumizwaga Muri Tanzania Na Uganda
Next Article Impamvu Nyuma Yo Gukingirwa COVID-19 Abantu Bakomeza Kwambara Agapfukamunwa
1 Comment
  • Sam says:
    07 March 2021 at 4:42 pm

    Mushikiwabo turamukunda akomeze atere imbere.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?