Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Magufuli Agiye Gusezerwaho Mu Muhango Uzamara Iminsi Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Magufuli Agiye Gusezerwaho Mu Muhango Uzamara Iminsi Itanu

admin
Last updated: 19 March 2021 5:21 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yatangaje ko uwahoze ayobora icyo gihugu John Pombe Magufuli agiye gusezerwaho, abaturage bakazahabwa umwanya wo kumwunamira mbere yo gushyingurwa iwabo ku ivuko.

Nyuma yo kurahirira kuyobora icyo gihugu muri manda izarangira mu 2025, kuri uyu wa Gatanu Perezida Suluhu yahise atangaza ko Magufuli azashyingurwa iwabo ku ivuko ahitwa Chato mu gace ka Geita, ku wa Kane tariki 25 Werurwe 2020.

Yavuze ko azasezerwaho mu muhango uzamara iminsi itanu, guhera kuri uyu wa Gatandatu ubwo umurambo wa Magufuli azakurwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Gisirikare bya Lugalo, kugeza ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha.

Perezida Suluhu yavuze ko kuri uyu wa Gatandatu Magufuli azasomerwa Misa yo kumusezera muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero mu gaceka Oyster Bay, mu murwa mukuru Dar es Salaam.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Nyuma ya misa, umubiri wa perezida Magufuli twakundaga uzajyanwa muri Uhuru Stadium mu karere ka Temeke, aho abayobozi mu nzego za leta bazamusezeraho bwa nyuma.”

Ku Cyumweru tariki 21 Werurwe, abatuye Umujyi wa Dar es Salaam bazabasha kumusezeraho muri Uhuru Stadium. Umubiri uzahita ujyanwa mu mujyi wa Dodoma, aho abaturage baho nabo bazabasha kumusezeraho.

Yakomeje ati “Ku wa Mbere tariki 22 Werurwe, abaturage ba Dodoma bazakomeza kumusezeraho mbere y’uko umurambo we werekezwa i Mwanza.”

Yahise yongeraho ko ku wa Mbere uzaba ari umunsi w’ikiruhuko mu gihugu hose.

Abaturage ba Mwanza bazasezera ku mubiri wa Magufuli ku wa Kabiri tariki 23 Werurwe, mbere y’uko werekezwa i Chato ku ivuko rye ku wa Gatatu.

- Advertisement -

Perezida Suluhu yakomeje ati “Umuryango wa Magufuli n’abaturage ba Chato n’abo mu bice byegeranye bazamwunamira banasezere ku muyobozi bakundaga ku wa 24 Werurwe.”

Biteganyijwe ko Magufuli azasomerwa misa yo kumusezeraho ku wa Kane tariki 25 Werurwe muri kiliziya ya Chato, ari na wo munsi azashyingurwaho.

Ku wa Kane na wo wagizwe umunsi w’ikiruhuko muri Tanzania.

Perezida Suluhu yakomeje ati “Ibi bigamije guha umwanya Abanyatanzaniya bose ngo babashe kunamira no kugira uruhare mu muhango wo gusezera kuri Dr Magufuli wahoze ari perezida bakundaga,”

Hahise hashyirwaho ibitabo byo kwandikamo ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango wa Magufuli.

Byashyizwe ahantu hatandukanye harimo Karimjee Jivanjee Hall, kuri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga i Dar es Salaam, Nyerere Square i Dodoma no ku biro by’umuyobozi w’akarere i Chato.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania Major General Charles Karamba ni umwe mu bamaze gutanga ubutumwa bwabo.

Perezida Suluhu yatangaje ko kunamira Magufuli bizamara iminsi 21.

TAGGED:featuredJohn Pombe MagufuliSamia Suluhu Hassan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafashwe Bagurisha Imiti Bavanye Mu Bigo Nderabuzima Mu Buryo Bwa Magendu
Next Article Yari Inshuti Y’Igihugu Cyacu – Perezida Kagame Avuga Ku Rupfu Rwa Magufuli
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?