Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2025 1:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bernard Makuza. Ifoto: The New Times.
SHARE

Bernard Makuza niwe uyoboye indorerezi za Afurika yunze ubumwe mu matora y’Umukuru w’igihugu azabera muri Cameroun guhera kuri iki Cyumweru Tariki 12, Ukwakira, 2025.

Abazaba bagize iryo tsinda bazasuzuma uko ibiro by’itora biteguwe, barebe imigendekere yo gutora nyirizina, bakurikirane ikusanywa ry’amajwi n’ibarura ryayo kandi bazaba bahari igihe ibyayavuyemo bizatangazwa.

Iri tsinda rigizwe n’abantu 40 batoranyijwe mu bice bitandukanye bya Afurika, bakabamo abagize Inteko ishinga amategeko y’uyu Muryango yitwa Pan-African Parliament, ba Ambasaderi b’ibihugu bya Afurika bibihagarariye muri uwo muryango, abo muri Sosiyete sivile, abanyamakuru n’intiti zo muri za Kaminuza.

Abo ni abo muri Algeria, Burkina Faso, Uburundi, Côte d’Ivoire, Repubulika ya Centrafrique, Chad, Djibouti, Misiri, Eswatini, Ethiopia, Gabon, Ghana, Kenya, Madagascar, Liberia, Mauritania, Mauritius, Namibia, Nigeria, u Rwanda, Senegal, Seychelles, Somalia, Afurika y’EpfoA, Tanzania, Tunisia, Uganda na  Zimbabwe.

Umurimo wabo bazawukora hagati y’itariki 07 n’itariki 16, Ukwakira, bikaba biteganyijwe ko raporo y’ibyo babonye bazayigeza ahagaragara tariki 14, uku kwezi mu gikorwa kizabera muri Hilton Hotel iri Yaoundé.

Iyo raporo izaba ikubiyemo ibyo babonye mu migendekere yayo matora n’ibyifuzo ngiro bigenewe Afurika yunze ubumwe.

Bernard Makuru yabaye Perezida wa Sena y’u Rwanda guhera tariki 14, Ukwakira,  2014 kugeza tariki  17, Ukwakira  2019.

Mbere yari yarabaye Minisitiri w’Intebe, inshingano yatangiye tariki 08, Werurwe, 2000 kugeza tariki 06, Ukwakira, 2011.

TAGGED:AfurikaAmatoraCamerounfeaturedMakuzaPerezidaUbumwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo
Next Article Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?