Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2025 1:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bernard Makuza. Ifoto: The New Times.
SHARE

Bernard Makuza niwe uyoboye indorerezi za Afurika yunze ubumwe mu matora y’Umukuru w’igihugu azabera muri Cameroun guhera kuri iki Cyumweru Tariki 12, Ukwakira, 2025.

Abazaba bagize iryo tsinda bazasuzuma uko ibiro by’itora biteguwe, barebe imigendekere yo gutora nyirizina, bakurikirane ikusanywa ry’amajwi n’ibarura ryayo kandi bazaba bahari igihe ibyayavuyemo bizatangazwa.

Iri tsinda rigizwe n’abantu 40 batoranyijwe mu bice bitandukanye bya Afurika, bakabamo abagize Inteko ishinga amategeko y’uyu Muryango yitwa Pan-African Parliament, ba Ambasaderi b’ibihugu bya Afurika bibihagarariye muri uwo muryango, abo muri Sosiyete sivile, abanyamakuru n’intiti zo muri za Kaminuza.

Abo ni abo muri Algeria, Burkina Faso, Uburundi, Côte d’Ivoire, Repubulika ya Centrafrique, Chad, Djibouti, Misiri, Eswatini, Ethiopia, Gabon, Ghana, Kenya, Madagascar, Liberia, Mauritania, Mauritius, Namibia, Nigeria, u Rwanda, Senegal, Seychelles, Somalia, Afurika y’EpfoA, Tanzania, Tunisia, Uganda na  Zimbabwe.

Umurimo wabo bazawukora hagati y’itariki 07 n’itariki 16, Ukwakira, bikaba biteganyijwe ko raporo y’ibyo babonye bazayigeza ahagaragara tariki 14, uku kwezi mu gikorwa kizabera muri Hilton Hotel iri Yaoundé.

Iyo raporo izaba ikubiyemo ibyo babonye mu migendekere yayo matora n’ibyifuzo ngiro bigenewe Afurika yunze ubumwe.

Bernard Makuru yabaye Perezida wa Sena y’u Rwanda guhera tariki 14, Ukwakira,  2014 kugeza tariki  17, Ukwakira  2019.

Mbere yari yarabaye Minisitiri w’Intebe, inshingano yatangiye tariki 08, Werurwe, 2000 kugeza tariki 06, Ukwakira, 2011.

TAGGED:AfurikaAmatoraCamerounfeaturedMakuzaPerezidaUbumwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo
Next Article Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?