Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Malaria: Indwara Bita Iy’Abakene Iri Gufata Abanyamerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Malaria: Indwara Bita Iy’Abakene Iri Gufata Abanyamerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 July 2023 6:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta ya Florida mu zindi zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika yatangaje ko indwara ya Malaria yatangiye kuba ikibazo kuko abaturage bayo bakomeje kuyandura.

Malaria ni indwara iterwa n’umubu w’ingore bita anophele, ukororokera ahantu hakunze kureka amazi  hakaboneka n’ibihuru.

Benshi bavuga ko ari indwara y’abakene cyane cyane abo muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Yari imaze imyaka 20 itagaragara muri Amerika.

Ubuyobozi bwa Leta ya Florida bwasabye abaturage kurara mu nzitiramubu no gukura ibizenga by’amazi mu nkike z’aho batuye n’ibihuru cyangwa ibigunda bakabitema.

Kugeza ubu abantu batandatu nibo bamaze kubarurwa muri iyi Leta.

Bose ni abo mu gice cya Sarasota.

Ikinyamakuru kitwa Miami Herald kivuga ko ubuyobozi bwa Florida bwasabye abatuye ibice bya Manatee, Miami-Dade na Sarasota kurushaho kubahiriza ingamba zo kwirinda iriya ndwara.

Hagati aho muri  Leta ya Texas n’aho haravugwa umuntu umwe wanduye malaria nk’uko CNN yabyanditse.

Ikigo cy’Amerika gishinzwe kurwanya indwara n’ibyorezo kitwa Center for Disease Control and Prevention( CDC) kivuga ko cyatangiye gukorana na za Leta zose zigize Amerika kugira ngo harebwe icyakorwa ngo malaria ikumirwe.

CDC yemeza ko Leta ya Texas n’iya Florida ari zo zugarijwe kurusha izindi.

N’ubwo hari abantu bagera ku 2,000 barwara malaria muri Amerika buri mwaka, abaganga bavuga ko abo bose baba ari abantu baba bamaze igihe runaka bavuye gutemberera mu bihugu malaria ikunze kwibasira ababituye.

Nyuma y’uko umuntu yandujwe malaria na wa mubu twavuze inkuru igitangira, uwayanduye acika intege, agahinda umuriro, akaruka, akabira icyokere ndetse n’umutwe ukamurya.

Abana n’abagore batwite nibo baba bafite ibyago by’uko iriya ndwara yabahitana.

Icyakora ni indwara ishobora kwirindwa kandi uyirwaye arayivuza agakira.

TAGGED:AbaturageAmerikafeaturedIndwaraMalaria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FUSO Yari Ijyanye Umuceri i Rusizi Yaguye Muri Nyungwe
Next Article Polisi Yibukije Abashoferi B’Amakamyo Ko Amagara Aseseka Ntayorwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?