Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mali Yirukanye Indi Ntumwa Ya UN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mali Yirukanye Indi Ntumwa Ya UN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2023 9:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nta mezi arindwi arashira ubuyobozi bw’inzibacyuho bwa Mali butegetse ko Olivier Salgado wari umuvugizi wa MINUSMA kubavira ku butaka. Ubu hatahiwe ushinzwe uburenganzira bwa muntu muri MINUSMA witwa Guillaume Ngefa-Atondoko Andali nawe wasabwe kuhava inzira zikigendwa!

Guillaume Ngefa-Atondoko Andali yari ashinzwe ishami rya MINUSMA rishinzwe uburenganzira bwa muntu no kurinda abaturage.

Ku Cyumweru taliki 05, Gashyantare, 2023 nibwo Umuvugizi wa Guverinoma y’inzibacyuho ya Mali akaba n’Umunyamabanga wa Leta witwa  le colonel Abdoulaye Maïga yagejeje ubutumwa kuri  Guillaume Ngefa-Atondoko Andali bumubwira ko agomba kuzinga utwangushye.

Bamuhaye amasaha 48 ngo abe yabaviriye aho.

Bamako imushinja gukora ibikorwa bibangamira imigirire ya Guverinoma kandi bihabanye n’imigenzereze y’umunyapolitiki ihagarariye ikindi gihugu cyangwa umuryango mpuzamahanga muri Mali.

Mali imaze iminsi yereka amahanga ko idashaka ko u Bufaransa n’Umuryango w’Abibumbye bakomeza kugira ijambo mu mikorere ya Bamako.

Ubuyobozi bw’iki gihugu buvuga ko kwivanga mu mikorere yabwo bituma budashyiraho ingamba zihamye zo guhangana n’imitwe y’iterabwoba imaze iminsi ibica.

Si Mali gusa ariko yamagana u Bufaransa kuko na Burkina Faso ari uko.

Burkina Faso iherutse gusaba Mali ko yakwemera ibihugu byombi bikihuza kugira ngo byunganirane mu guhangana n’abakora iterabwoba.

TAGGED:BufaransaBurkinaFasoIntumwaIterabwobaMaliUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yageneye Turikiya Na Syria Ubutumwa Bubihanganisha
Next Article Rulindo, Musanze, Rusizi: ‘Operation Ikomeye’ Ya Polisi Yo Gufata Urumogi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?