Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Marine Le Pen Uhanganye Na Macron Amushinja Gufata Abafaransa Nk’Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Marine Le Pen Uhanganye Na Macron Amushinja Gufata Abafaransa Nk’Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2021 4:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
95642243
SHARE

Umunyapolitiki witwa Marine Le Pen yatangarije France Inter ko iyo yitegereje uko amatora ari kugenda, asanga hari ikizere cyo gutsinda. Anenga Emmanuel Macron ko afata Abafaransa nk’abana b’imyaka ine.

N’ubwo avuga ko afite icyo kizere, ku rundi ruhande biragaragara ko hari ibice yatakajemo amajwi ndetse ubu harabarurwa amajwi 9% yatakaje.

We na Emmanuel Macron nibo bakomeye mu bandi bakandida biyamamariza kuzatorerwa kuyobora u Bufaransa mu mwaka wa 2022.

Ikindi cyagaragaye mu matora yabaye ku Cyumweru tariki 20, Kamena, 2021 ni uko hari ahantu henshi abaturage bifashe banga kujya gutora.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Habarurwa ko 66,7% by’abaturage batatoye.

Marine Le Pen ati: “ Kuba 66,7% by’abaturage bataratoye ni ikintu kibi muri Demukarasi yacu.”

Le Pen yibukije abo ku ruhande rwa Emmanuel Macron ko ‘kuba abantu barifashe ntibatore’ bitavuze ko banga ishyaka rye.

Uyu mukobwa wa Jean Marie Le Pen nawe wari umunyapolitiki ukomeye mu Bufaransa, avuga ko afite icyizere cyo kuzatsinda mu cyiciro cya kabiri cy’aya matora.

Avuga ko ishyaka rye, Rassemblement National rifite abayoboke henshi mu Bufaransa kandi biganje mu mijyi minini.

- Advertisement -

Macron Afata Abafaransa nk’abana…

Marine Le Pen avuga ko we abwiza Abafaransa ukuri, ko atabaryarya nk’uko Emmanuel Macron abigenza.

Ati: “ Sinigeze ndakaza Abafaransa, simbasuzugura nk’uko Emmanuel Macron abikora akabafata nk’aho ari abana b’imyaka ine. Njye mbabwiza ukuri.”

Marine Le Pen afite ishyaka ryahanzwe na Se Jean Marie Le Pen ryitwa Rassemblement National.

Marine ashinja Macron gufata Abafaransa nk’abana
TAGGED:BufaransafeaturedIshyakaMacronMarine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yahaye U Rwanda Ibikoresho Byo Guhangana Na COVID Muri Ibi Bihe
Next Article Nsabimana ‘Sankara’ Yafashwe n’Ikiniga, Nsengimana Herman Aririra Imbere y’Abacamanza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?