Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Marine Le Pen Uhanganye Na Macron Amushinja Gufata Abafaransa Nk’Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Marine Le Pen Uhanganye Na Macron Amushinja Gufata Abafaransa Nk’Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2021 4:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
95642243
SHARE

Umunyapolitiki witwa Marine Le Pen yatangarije France Inter ko iyo yitegereje uko amatora ari kugenda, asanga hari ikizere cyo gutsinda. Anenga Emmanuel Macron ko afata Abafaransa nk’abana b’imyaka ine.

N’ubwo avuga ko afite icyo kizere, ku rundi ruhande biragaragara ko hari ibice yatakajemo amajwi ndetse ubu harabarurwa amajwi 9% yatakaje.

We na Emmanuel Macron nibo bakomeye mu bandi bakandida biyamamariza kuzatorerwa kuyobora u Bufaransa mu mwaka wa 2022.

Ikindi cyagaragaye mu matora yabaye ku Cyumweru tariki 20, Kamena, 2021 ni uko hari ahantu henshi abaturage bifashe banga kujya gutora.

Habarurwa ko 66,7% by’abaturage batatoye.

Marine Le Pen ati: “ Kuba 66,7% by’abaturage bataratoye ni ikintu kibi muri Demukarasi yacu.”

Le Pen yibukije abo ku ruhande rwa Emmanuel Macron ko ‘kuba abantu barifashe ntibatore’ bitavuze ko banga ishyaka rye.

Uyu mukobwa wa Jean Marie Le Pen nawe wari umunyapolitiki ukomeye mu Bufaransa, avuga ko afite icyizere cyo kuzatsinda mu cyiciro cya kabiri cy’aya matora.

Avuga ko ishyaka rye, Rassemblement National rifite abayoboke henshi mu Bufaransa kandi biganje mu mijyi minini.

Macron Afata Abafaransa nk’abana…

Marine Le Pen avuga ko we abwiza Abafaransa ukuri, ko atabaryarya nk’uko Emmanuel Macron abigenza.

Ati: “ Sinigeze ndakaza Abafaransa, simbasuzugura nk’uko Emmanuel Macron abikora akabafata nk’aho ari abana b’imyaka ine. Njye mbabwiza ukuri.”

Marine Le Pen afite ishyaka ryahanzwe na Se Jean Marie Le Pen ryitwa Rassemblement National.

Marine ashinja Macron gufata Abafaransa nk’abana
TAGGED:BufaransafeaturedIshyakaMacronMarine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yahaye U Rwanda Ibikoresho Byo Guhangana Na COVID Muri Ibi Bihe
Next Article Nsabimana ‘Sankara’ Yafashwe n’Ikiniga, Nsengimana Herman Aririra Imbere y’Abacamanza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?