Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Marine Le Pen Uhanganye Na Macron Amushinja Gufata Abafaransa Nk’Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Marine Le Pen Uhanganye Na Macron Amushinja Gufata Abafaransa Nk’Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2021 4:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
95642243
SHARE

Umunyapolitiki witwa Marine Le Pen yatangarije France Inter ko iyo yitegereje uko amatora ari kugenda, asanga hari ikizere cyo gutsinda. Anenga Emmanuel Macron ko afata Abafaransa nk’abana b’imyaka ine.

N’ubwo avuga ko afite icyo kizere, ku rundi ruhande biragaragara ko hari ibice yatakajemo amajwi ndetse ubu harabarurwa amajwi 9% yatakaje.

We na Emmanuel Macron nibo bakomeye mu bandi bakandida biyamamariza kuzatorerwa kuyobora u Bufaransa mu mwaka wa 2022.

Ikindi cyagaragaye mu matora yabaye ku Cyumweru tariki 20, Kamena, 2021 ni uko hari ahantu henshi abaturage bifashe banga kujya gutora.

Habarurwa ko 66,7% by’abaturage batatoye.

Marine Le Pen ati: “ Kuba 66,7% by’abaturage bataratoye ni ikintu kibi muri Demukarasi yacu.”

Le Pen yibukije abo ku ruhande rwa Emmanuel Macron ko ‘kuba abantu barifashe ntibatore’ bitavuze ko banga ishyaka rye.

Uyu mukobwa wa Jean Marie Le Pen nawe wari umunyapolitiki ukomeye mu Bufaransa, avuga ko afite icyizere cyo kuzatsinda mu cyiciro cya kabiri cy’aya matora.

Avuga ko ishyaka rye, Rassemblement National rifite abayoboke henshi mu Bufaransa kandi biganje mu mijyi minini.

Macron Afata Abafaransa nk’abana…

Marine Le Pen avuga ko we abwiza Abafaransa ukuri, ko atabaryarya nk’uko Emmanuel Macron abigenza.

Ati: “ Sinigeze ndakaza Abafaransa, simbasuzugura nk’uko Emmanuel Macron abikora akabafata nk’aho ari abana b’imyaka ine. Njye mbabwiza ukuri.”

Marine Le Pen afite ishyaka ryahanzwe na Se Jean Marie Le Pen ryitwa Rassemblement National.

Marine ashinja Macron gufata Abafaransa nk’abana
TAGGED:BufaransafeaturedIshyakaMacronMarine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yahaye U Rwanda Ibikoresho Byo Guhangana Na COVID Muri Ibi Bihe
Next Article Nsabimana ‘Sankara’ Yafashwe n’Ikiniga, Nsengimana Herman Aririra Imbere y’Abacamanza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?