Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Martin Fayulu Aravugwaho Kubiba Urwango Ku Banyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Martin Fayulu Aravugwaho Kubiba Urwango Ku Banyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2021 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma ya video imaze amasaha make isohotse yerekana abaturage bigaragambiriza imbere y’Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, Ambasaderi w’u Rwanda muri kiriya gihugu Bwana Vincent Karega yabwiye Taarifa ko uyiri inyuma ari Martin Fayulu.

Karega avuga ko umunyapolitiki Martin Fayulu yanga Abanyarwanda baba muri DRC akaba aharanira guteranya ubuyobozi bukuru bw’ibihugu byombi.

Yabwiye Taarifa ati: “  Nibyo umunyapolitiki Fayulu wijunditse uRwanda ahora ashishikariza abakongomani guhaguruka ku bwinshi bakarwanya u Rwanda n’ Abanyarwanda baba muri Kongo ngo kuko afite gihamya ko u Rwanda rugiye gufata Kongo y’ i Burasirazuba.”

Ambasaderi Vincent Karega avuga ko Martin Madidi Fayulu ashinja Perezida Tshisekedi kurenza amaso ibyo u Rwanda rukora.

Avuga ko Martin Fayulu ari kubiba urwango ku Banyarwanda baba muri DRC

Ati: “ Naramunyomoje n’ abandi Bakongomani batizera ibyo avuga baramuvuguruza bimutera ipfunwe akoresha imyigaragambyo isaba ko nirukanwa.”

Ambasaderi Karega avuga ko imyigaragambyo iheruka kubera imbera y’Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo yitabiriwe n’abantu bake kandi ‘biganjemo insoresore zitize.’

Ambasaderi Vincent Karega

Video Taarifa ifite yerekana abasore bakuze bafashwe na Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.

Bamwe muribo bagaragara bambaye amasengeri gusa, amakabutura… kandi batambaye agapfukamunwa.

Martin Madidi Fayulu  ni umunyapolitiki, akaba n’umunyemari ukomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.

Yavutse tariki 21, Ugushyingo, 1956.

Afite ishyaka rya Politiki mu Cyongereza bita Engagement for Citizenship and Development party.

Muri 2018 yifatanyije na Tshisekedi, Kamerhe ngo bahangane na Kabila mu matora y’Umukuru w’igihugu ariko bidateye kabiri baramwipakurura, bakomeza ukwabo.

Nyuma Komisiyo y’amatora yatangaje ko Felix Tshisekedi ari we watsinze amatora y’Umukuru w’igihugu ntibyashimisha Fayulu, kugeza ubu wemeza ko ari we wayatsinze ariko akibwa amajwi.

Bamwe mu bo Polisi yafashe baje kwigaragambya imbere y’Ambasade y’u Rwanda mur DRC
Biganjemo urubyiruko
TAGGED:AmbasadeAmbasaderiFayulufeaturedImyigaragambyoKarega
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kim Kardashian ‘Yatse Gatanya’ Na Kanye West
Next Article Magufuli Yasabye Abaturage Kongera Gusenga Ngo Imana Ibakize COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka

Harakurikiraho Iki Nyuma Y’Ifatwa Rya Uvira?

M23 Yemeza Ko Yinjiye Muri Uvira, Guverineri Akabihakana

Abazitabira Igitaramo Cya Alexis Dusabe Bazagura Tike Kuri Airtel Money 

Mozambique: Perezida W’Inteko Kazarwa Yasuye Isoko Ryubatswe Mu Mwaka Wa 1900

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

You Might Also Like

Mu Rwanda

Bugesera: Abaturage Bugarijwe N’Inzara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyamahanga Benshi Bafungiwe Mu Rwanda Ni Abo Muri EAC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Abaturage Bategetswe Kuguma Mu Rugo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?