Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Meya ‘Mushya’ Wa Johannesburg YAPFUYE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Meya ‘Mushya’ Wa Johannesburg YAPFUYE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 September 2021 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jolidee Matongo wari uherutse gutorerwa kuyobora Umujyi wa Johannesbourg muri Afurika y’Epfo yaguye mu mpanuka y’imodoka nk’uko bamwe mubo bakorana yabitangarije Sunday Times.

Impanuka yaguyemo yabaye hashize igihe gito avuye mu nama ya Komite nyobozi ya ANC yari yanitabiriwe na Perezida Cyril Ramaphosa yabereye i Soweto.

Apfuye amaze ukwezi kumwe mu kazi ko kuyobora Johannesburg, akaba yaratowe muri Kanama, 2021.

Matongo yatorewe uriya mwanya asimbuye Geoff Makhubo nawe wapfuye azize COVID-19.

Ubwo  Jolidee Matongo yatorwaga, byateje impaka ndende muri ANC ndetse bisa n’ibigiye kuyicamo ibice.

Kuba Matongo apfuye byongereye umwuka mubi wari umaze iminsi uvugwa mu ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo.

Matongo yatorewe uriya mwanya asimbuye Geoff Makhubo nawe wapfuye azize COVID-19.

Ibibazo ANC ifite muri iki gihe…

Hari umusirikare mukuru ufite ipeti rya General witwa Siphiwe Nyanda niwe uvuga ko hari ibibazo mu ishyaka rya ANC kandi bikomeye.

Ngo ikosa rikomeye ni ‘umuco wo kudahana’.

Siphiwe Nyanda ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yigeze kuba Umugaba mukuru w’ingabo z’Afurika y’Epfo zitwa South African National Defence Force guhera mu mwaka wa 1998 kugeza mu mwaka wa 2005.

Nyuma yabaye Minisitiri ushinzwe itumanaho guhera mu mwaka wa 2009 kugeza mu mwaka wa 2010.

Kuri we, Ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo rikora amakosa, ariko ntagire icyo aryigisha mu rwego rwo kurushaho kunoza imiyoborere.

Gen Siphiwe Nyanda avuga ko ANC iheruka kugira imiyoborere iboneye ubwo Perezida wa Afurika y’Epfo yari Thabo Mbeki.

Avuga ko muri iki gihe ririya shyaka ririmo abantu bareba inyungu zabo gusa aho kureba iz’ishyaka n’igihugu muri rusange.

Ikindi avuga kiri gutuma ririya shyaka rigira ibibazo muri iki gihe, ni uko rishaka abayoboke batazirigirira akamaro, ahubwo baza ari abo guteza rwaserera.

Bamwe muri bo ni abo muri Kwa-Zulu Natal, aba bakaba ari abaturage bumva ko imibereho yabo mibi igomba guhinduka ari uko mu gihugu habaye mo akajagari.

Inama y’Inteko yaguye ya ANC yemeje ko muri iriya Ntara hagomba gushakirwa abayoboke benshi yateranye muri 2007 iteranira ahitwa Polokwane.

Abinjijwe muri ririya shyaka muri iriya nama, nibo kandi bari bashyigikiye Jacob Zuma mu yindi nama yabereye ahitwa Mangaung mu mwaka wa 2012 ubwo uyu mugabo yongeraga gutorerwa kuyobora ririya shyaka riri ku butegetsi.

Ikinyamakuru Daily Maverick cyanditse ko uriya mu Jenerali yakibwiye ko abenshi mu baherutse guteza rwaserera kubera ifungwa rya Zuma ari abinjiye muri ANC mu mwaka wa 2007, bakongera kumutora mu mwaka wa 2012.

Ikindi kivugwa ni uko iyo abagize ishyaka muri rusange ari abantu b’inkomwahato, ni ukuvuga abumva rivuzwe bakarikurikiza badashishoje kandi ku nyungu z’abantu zitari iz’igihugu, ababayobora baba bagize amahirwe yo ‘kubagira ba nyamujya iyo bigiye’

Avuga ko ikindi cyerekana ko ANC igeze aharindimuka ni uko ba ‘chairman’ bayo mu Ntara ‘bigize abantu bica bagakiza’.

Yemeza ko ibi bituma abantu bakuka umutima bakibaza niba ibyemezo abo ba ‘chairman’ basaba abanyeshyaka gushyira mu bikorwa biba byafatiwe ku rwego rw’igihugu cyangwa biba ari ibyo ku Ntara.

 Inararibonye za ANC zarashobewe!

Abasaza bo muri ANC bayimazemo igihe bigeze kwegera ubuyobozi bukuru bwayo ngo babugire inama y’uko babona yasubira mu murongo ariko ngo nta kintu kinini byatanze.

Gen Siphiwe Nyanda avuga ko bariya basaza basabye ubuyobozi bwa ANC kureba uko hashyirwaho Komite ishinzwe kureba abanyamuryango basiga icyasha ririya shyaka ‘bakagirwa inama’, abinangiye bakirukanwa ariko ngo ntibumviswe.

Basabye ko hategurwa Inama yo gukora kariya kazi bise National Consultative Conference ariko ntiyaba.

TAGGED:AfurikaANCfeaturedIshyaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanya Palestine 2 Bahigishwaga Uruhindu Na Israel Bafashwe
Next Article U Bwongereza Bwagumishije u Rwanda Ku Rutonde Rutukura, Rwima Agaciro Inkigo Mu Bihugu Byinshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?