Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Meya Wa Rubavu Ati: ‘ Ni Ubwa Mbere Mbonye Icyaha Nk’Iki!’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Meya Wa Rubavu Ati: ‘ Ni Ubwa Mbere Mbonye Icyaha Nk’Iki!’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2023 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Prosper Mulindwa uyobora Akarere ka Rubavu yabwiye itangazamakuru ko kuva abaye umuyobozi ari ubwa mbere abonye aho umuntu yifata agatema insina za mugenzi we akazararika!

Yasubizaga ko kibazo cy’umushumba wo mu karere ka Rubavu mu Murenge wa Rugerero, wagiye mu mutoki rwa Niyibizi Charles insina akazivuza umuhoro.

Byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Ukuboza 2023, bibera mu Kagari ka Basa.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ibyabaye bibabaje kandi ngo nibwo bwa mbere abonye icyaha nk’iki kuva yajya mu nshingano.

Ati “Nka njye kuva nagera mu karere ni ubwa mbere mbonye icyaha gisa na kiriya. Kandi naho nari ndi nashoboraga kumenya amakuru yo mu tundi turere kuko twari mu Ntara imwe, nabonaga ibintu bimeze kuriya kenshi. Rero ntabwo twabihuza.”

Uwakoze ibi yashyikirijwe RIB

Mulindwa avuga ko ukekwaho kiriya cyaha yafashwe ashyikirizwa RIB ariko ngo nta mpamvu yabimuteye iramenyekana.

Meya Mulindwa avuga ko ubuyobozi bwahise buganiriza abaturage bubabuza kwihanira.

Yagize ati: “Byahise bikorwa ako kanya ariko natwe tuzakomeza mu nteko z’abaturage zisanzwe ariko ubuyobozi buhegereye bwo buba bwahise bubikora.”

Kwangiza imitungo y’abandi ni icyaha kijya kiboneka cyane cyane mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hari aho usanga batemye inka z’uwayirokotse, bakarandura imyaka cyangwa bagatema insina n’ibindi.

Icyakora ku byerekeye ibi byabereye mu Murenge wa Rugerero, nta mpamvu ikekwa iramenyekana yaba yateye uwo mushumba kwangiza urutoki rw’umuturanyi.

TAGGED:IcyahaInsinaMeyaMulindwaRubavuUrutoki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Abana Bahagarariye Abandi Mu Rwanda Bagiye Kwitoramo Abayobozi
Next Article Banki Lamberi Nizo Zigushije Ifaranga Ry’Uburundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?